Urubyiruko ntabwo ruba rugomba guhitamo gukurikiza imitekerereze ikocamye y’uko ab’isi babona iby’ibitsina, cyangwa gukurikiza amahame mbwirizamuco yo mu rwego rwo hejuru.
Akenshi gukururwa n’abo muhuje igitsina bijyana n’ikigero ugezemo kandi bigashira vuba.
Usanga abakobwa cyangwa abahungu, iyo bafite hafi imyaka cumi n’itandatu, bamwe ariko bibagendekera, bagatangira gukururwa n’abo bahuje igitsina.
Niba koko mu ishuri mwiga isomo ry’ibinyabuzima, cyangwa ukaba waranabisomaga n’ahandi hantu, nko mu bitabo,
Wagakwiye kumenya ko mu gihe cy’ubugimbi n’ubwangavu hari ihinduka ridasanzwe riba mu misemburo yo mu mubiri.
Mu by’ukuri ntekereza ko ingimbi n’abangavu bamenye neza uko imibiri yabo iteye, bashobora gusobanukirwa ko gukururwa n’abo bahuje igitsina ari ibintu bimara igihe gito, bityo bakaba batari bakwiriye kuryamana n’abo bahuje igitsina.
Ese waba uzi uko byagenda mu gihe gukururwa n’abo muhuje igitsina byanze kukuvamo?
Niba wemera Imana, ukemera ko Imana ibuza abantu bararikira abo bahuje igitsina kuryamana na bo, wagakwiye kwemera ko ari bibi pe.
Wagombye kuzirikana ko iyo mitekerereze ishingiye ku gitekerezo gikocamye kivuga ko abantu bagombye guhaza irari ry’ibitsina uko ribajemo.
Ariko abantu bafite ubushobozi bwo kwifata, ntibategekwe n’irari ry’ibitsina mu buryo budakwiriye. Wagakwiye kubanza gufata umwanya ukibaza impamvu ushaka gukora imibonano mpuzabitsina, ndetse n’uko bizaba bimeze nyuma y’imyaka makumyabiri uyikora,
Icyo uzabasha kubona nk’igisubizo ni uko abakora imibonano bahuje ibitsina, bazaba birirwa kwa muganga basaba ubufasha kubera ingaruka byabagizeho.
Ese waba uzi icyo ugomba kuzirikana?
Icyo ugomba kuzirikana cyo, ni uko buri munota, hari abantu babarirwa muri za miriyoni baba bahanganye n’ibishuko bitandukanye byo kuryamana n’umuntu badahuje igitsina, ariko bagakomeza kwifata bitewe n’uko bashaka kubaho mu buryo buhuje n’amahame anyuranye tugenderaho Ku isi.
Abagira irari ryo kuryamana n’abo bahuje igitsina na bo bashobora kwigana abantu nk’abo, niba mu by’ukuri bashaka kubaho neza bizihiwe n’ubuzima bw’iyi si.
Ese haba hari uvuka ari umutinganyi?
Ntawe uvuka ari umutinganyi, ahubwo uburyo umuntu abayeho igihe kinini cy’ubuzima bwe bwashobora kumuhamiriza ko ari byo, ko yavutse ari umutinganyi.
Nta gihamya na kimwe cya siyanse (science, ubuhanga, ubumenyi) cyerekana ko hari uvuka ari umutinganyi, cyangwa afite karande (genes) z’ubutinganyi muri we.
Nyamara rero hari amatsinda y’abantu ashaka kutwumvisha ko abantu babivukana.
Ibyo biba bigamije gushaka kugaragaza neza ubutinganyi , kubuha isura nziza ngo bukunde bwakirwe n’abantu bareba hafi, Ariko si byo .
Ubutinganyi, ni umwuka urimo gukwira Ku isi muri rusange, no mu gihugu cyacu Ku by’umwihariko.
Ndabona nawe ntacyo uhinduye kukutwereka Aho ubogamiye mu kurwanya ubutinganyi nta bushakashatsi buzima utugejejeho ntabo mwaganiye ahubwo utubwiye uko ubitekereza