Umunyarwenya, Iryamukuru Etienne, uzwi cyane ku izina rya 5k Etienne, ari mu byishimo bikomeye nyuma yo gusoza amasomo ye yโicyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelorโs Degree) muri Mount Kenya University. Ku munsi wejo hashize ku wa kane taliki ya 16 Ukwakira nibwo yasoje amasomo ye mu ishami rya Business and ICT, aho yari amaze imyaka itatu yiga ahuza ubucuruzi nโikoranabuhanga. Ni urugendo avuga ko rwari rurerure ariko rufite isomo rikomeye ryโubwitange, kwihangana no kwizera kwejo hazaza he.
Mu gusoza amasomo ye, Iryamukuru yamuritse umushinga udasanzwe yise โPlayer Injury and Medical Assistance Linkage, A Case Study of Rwanda Premier League.โ Uyu mushinga ugamije gufasha mu gukurikirana amakuru ajyanye nโimvune zโabakinnyi bโumupira wโamaguru mu Rwanda, ukazahuza amakuru yโabaganga, amakipe ndetse nโabakinnyi ubwabo binyuze mu ikoranabuhanga.
Nkโuko yabivuze mu biganiro yagiranye nโinshuti ze ku mbuga nkoranyambaga, Iryamukuru yavuze ko iki gitekerezo cyaturutse ku rukundo afitiye ruhago nyarwanda, no kubona ko hari icyuho mu buryo amakuru yโimvune atangwa cyangwa abikwa.
Yavuze ati: โNifuzaga uburyo amakuru ajyanye nโimvune zโabakinnyi yabikwa neza, abakozi bโubuvuzi bakayabona byihuse, nโamakipe akabasha gutegura gahunda zโubuvuzi zinoze.โ
Abakurikira uyu musore bamusabiye imigisha, benshi bamushima ku bwโumuhate we wo kwiga atabivanga nโakazi ke kโurwenya nโitangazamakuru.
Uretse kuba umunyarwenya ukora ibintu bitandukanye byiganjemo ibitwenge nโubuvanganzo, Iryamukuru azwi kandi nkโumusore ukunda ikoranabuhanga no gutekereza ku mishinga ifite inyungu muri rusange.
Uyu mushinga we ushobora kuzagira uruhare rukomeye mu guteza imbere uburyo amakuru ajyanye nโimvune nโubuvuzi bwโabakinnyi akurikiranwa mu Rwanda, ukaba ugaragaza ko ubumenyi bwo muri kaminuza bushobora no kuba igisubizo cyโibibazo biboneka mu mikorere yโikipe cyangwa se muri ruhago nyarwanda uko ifatwa mu mikino.
Ni intambwe nshya mu rugendo rwโumusore watangiye nkโumunyarwenya ariko ubu ukomeje kwagura imipaka mu buhanga nโiterambere ryโikoranabuhanga kugeza ubu.

















