Ubushakashatsi bwa Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu bwagaragaje ko 61% by’Abanyarwanda babona gutwika imirambo nk’igishobora kugabanya ikibazo cy’ubutaka bwo gushyinguraho bugenda buba buto.
Mu Rwanda, umubare w’abaturage ukomeje kwiyongera, kandi uko biyongera ni ko n’umubare w’abapfa wiyongera. Imibare ya NISR igaragaza ko mu 2024 hapfuye abantu 36,021. Ibi bituma amarimbi yuzura vuba, kandi amategeko ateganya ko ubutaka bw’irimbi bushobora kongera gukoreshwa ari uko hashize nibura imyaka 20 uhereye igihe hashyinguwemo umuntu wa nyuma.
Itegeko ryo mu 2013 rigena imitunganyirize n’imikoreshereze y’amarimbi rinateganya uburyo bwo gutwika imirambo, bukagenwa n’iteka rya Minisitiri ryo mu 2015. N’ubwo hashize imyaka igera ku icumi rishyizweho, iyi gahunda ntirakirwa ku rugero rushimishije.
Mu bantu barenga ibihumbi 12 babajijwe, 32% bemeye ku kigero cyo hejuru ko gutwika imirambo byaba igisubizo, 29% babyemera ku rugero ruringaniye, mu gihe 34% batabyemera. Abasigaye 5% bagaragaje kutagira aho babogamira.
Kugeza ubu, mu Rwanda hamaze gutwikwa imirambo 28 gusa. Amategeko ateganya ko gutwika bikorwa mu ifuru yihariye ikoresha amashanyarazi kandi ifite ibikoresho by’ubwunganizi mu gihe amashanyarazi yabura.
Abashinzwe iyi gahunda bagaragaza ko hakenewe ubukangurambaga kugira ngo abaturage barusheho gusobanukirwa n’akamaro kayo mu gukemura ikibazo cy’ubutaka bw’amarimbi.















