
Mu gihugu cy’u Bwongereza, mu karere ka Surrey, hateraniye itsinda ry’abagenzi bazwi nk’“travellers” cyangwa “gypsies” bagera ku 100, barushanwa ku mafunguro n’amagare y’amafarashi mu mihanda, banyura ku matara atukura, basenya imodoka ndetse banangiza akabari kamwe kari ahantu nyaburanga. Ibi byose byabaye mu gace ka Elmbridge, ahatuye ibyamamare mu mupira w’amaguru nka John Terry, Frank Lampard, na Ashley Cole.
Polisi yahise ishyiraho itegeko ryo gusakaza abantu (dispersal order), rituma umuntu wese uri mu itsinda ry’abantu barenze babiri ashobora gusabwa gusohoka mu gace. Ubu butumwa burakurikizwa kugeza saa 9:55 z’amanywa (3:55pm) kuri uyu munsi, kandi hiyongereyemo ingabo z’umutekano ku mihanda.
Abaturage bavuze ko ibi byabateye ubwoba. Umubyeyi umwe yavuze ko abana be babaye nk’abahungabanye ubwo ifarashi yagonze imodoka yabo. Hari abandi bavuze ko abagabo banyoye inzoga basamburaga, barimo no kuririra ku modoka, bituma habaho isenyuka ry’ibikoresho mu kabari, nko ku munota umwe.

Umuyobozi w’akabari kamwe, utifuje ko amazina ye atangazwa, yabwiye MailOnline ko abantu bagera ku 100 binjiye mu kabari ke, bamwe banyoye ku buryo burenze, batangira gusenya ibintu, bakuraho amacupa y’inzoga bayamenagura, abandi binjira inyuma y’akabari bakayasuka hasi.
Ati: “Twari dufite abakozi bacye kandi tutari twiteguye ibintu nk’ibyo. Iki ni akabari gato k’icyaro, si akabari ko mu mujyi gafite abashinzwe umutekano.”
Iri tsinda ryageze kuri ako kabari saa 9:00 z’amanywa, barambika amafarashi ku mihanda no mu masite y’abantu. Mu isaha imwe gusa, bari bamaze guteza akaduruvayo, bituma akabari gafungwa by’agateganyo kugira ngo hasukwe no gukuraho ibyangijwe.

Hari abavuze ko inzira zose zafunzwe, abandi bari mu modoka babura aho banyura kubera ibi bikorwa. Umuturage umwe yanditse kuri Facebook ko yabonye amagare y’amafarashi agera kuri 60 yerekeza Hampton Court, ati: “Nibwo namenye impamvu Sandown huzuye imodoka—hari irushanwa ry’amafarashi, ariko si irya kera! Barimo kugonga, banyura ku matara atukura, basenya… byari akaga.”
Hari n’undi wavuze ko abasinzi bariho batukana imbere y’abana bato, ndetse bamwe banihagarika ku mihanda.

Uyu mucuruzi yavuze ko umwaka ushize hari abandi bantu 50 baje bakanga kubakira, maze batangira kubatera ubwoba ko bazabajyana mu rukiko babarega ivangura, basaba indishyi ya £250,000. Uwo mucuruzi ati: “Ibituma dutinya ni uko niyo ubangiye ushobora kujyanwa mu nkiko, ariko na none niyo ubakirije baragusenya, kandi ntidufite uburyo bwo kwirinda.”
Nubwo hari utubari twinshi basuye, bivugwa ko tumwe nka Watermans Arms mu Hersha twashyizwe ku rutonde ariko tutigeze tuvugwaho ibibazo.