Paul Pogba yongeye gukurura amarangamutima y’abakunzi b’umupira w’amaguru nyuma yo gutangaza ko mu 2016 yari hafi kwerekeza muri Real Madrid, ariko umutima we ukamuganisha kongera gusubira muri Manchester United. Ibi yabitangaje mu kiganiro Beyond the Pitch podcast, aho yavuze ko Real Madrid yamwifuzaga bikomeye, ndetse we ubwe akaba yarabitekerezagaho cyane.
Pogba yagize ati: “Real Madrid kuri njye natekerezaga kujyayo, ariko nanone ntekereza Manchester United. Umutima wanjye wambwiye gusubira i Manchester. Sinzi impamvu nyayo, ariko ni ho nahisemo, kandi sinabyicuza na rimwe.” Aya magambo agaragaza ko icyemezo cye kitari gishingiye gusa ku mafaranga cyangwa ku bikombe, ahubwo yari impamvu y’umutima nama we.
Icyakora, abakunzi b’umupira bagifite amatsiko yo kwibaza uko byari kugenda iyo Pogba ajya muri Real Madrid. Tekereza hagati mu kibuga hari Pogba afatanya na Luka Modrić na Toni Kroos ubuhanga, imbaraga n’uburambe byose bigahurira hamwe. Byari kuba ari amateka adasanzwe mu mupira w’i Burayi.
Uyu munsi, amateka yongeye guhura n’ukuri. Pogba, ubu ukinira ikipe ya AS Monaco, ari buze gusura Santiago Bernabéu ahura na Real Madrid. Ni umukino ufite igisobanuro gikomeye, wibutsa amahirwe yigeze kubaho ariko ntagerweho. Nubwo atigeze yambara umwambaro w’i Madrid, izina rya Pogba riracyafite umwihariko mu mateka y’umupira w’amaguru, kandi amahitamo ye akomeza kuba isomo ku bakinnyi benshi akizamuka.

















