Umuvugizi wa Guverinoma yโu Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko Abanyarwanda 10 muri 15 bajyanywe mu bihugu byo muri Aziya bamaze gutahuka mu gihugu, naho abandi 5 bakiriyo na bo bari mu nzira yo kugaruka, ku bufatanye na guverinoma nโabandi bafatanyabikorwa.
Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X (rwahoze ari Twitter) asubiza uwari watabarije abo Banyarwanda, Makolo yagize ati: โLeta yโu Rwanda ku bufatanye nโIshami ryโUmuryango wโAbibumbye ryita ku Bimukira (IOM), mu cyumweru gishize yagaruye mu gihugu abantu 10 bari barajyanywe mu buryo bwa magendu bavuye muri Myanmar. Turabizi ko hari abandi 5 bakihari, kandi turi gukorana nโinzego zibishinzwe ngo nabo babashe kugaruka mu rugo.โ
Aba Banyarwanda bajyanywe muri ibyo bihugu bizezwa ko bagiye kubona akazi keza kandi gahenze, ariko bagezeyo basanga ibibazo bihari bitandukanye n’uko babyumvaga.
Benshi barashukwaga nโabantu biyitirira ibigo byโubucuruzi cyangwa amashyirahamwe yโubuhinzi nโubwubatsi, bababwira ko bagiye gukora akazi keza kazabafasha guteza imbere imiryango yabo.
Iyo bagezeyo, basangaga bashyizwe mu kazi kadahwitse, rimwe na rimwe gafitanye isano nโicuruzwa ryโabantu cyangwa bakahatirwa gukora imirimo ivunanye mu nyungu zโabandi bantu.
Leta yโu Rwanda yakomeje gusaba Abanyarwanda kujya bitondera ababasezeranya akazi mu mahanga, cyane cyane abakorera ku mbuga nkoranyambaga cyangwa badatanga amakuru yizewe ku bigo byabo.
Ibigo bitandukanye birimo IOM nโindi miryango mpuzamahanga bifatanya na guverinoma mu gikorwa cyo gufasha abanyarwanda batwawe mu buryo butemewe nโamategeko gutaha no kongera gusubira mu buzima busanzwe.
Ubuyobozi bwโIgihugu bushimira abafatanyabikorwa barimo IOM ku ruhare bagira mu kubungabunga uburenganzira bwa muntu no kurwanya icuruzwa ryโabantu, ndetse burakangurira Abanyarwanda kumenyesha inzego zโumutekano igihe hari amakuru bafite yerekeye abantu bashobora kuba baroherejwe cyangwa bagiye koherezwa mu buryo bunyuranyije nโamategeko.
Iki kibazo kigaragaza uburyo icuruzwa ryโabantu rikomeje kuba ikibazo mpuzamahanga, kandi u Rwanda rugasabwa gukaza ingamba zo kurinda abaturage barwo no gukumira abacuruzi bโabantu bakomeje guhenda abaturarwanda cyane cyane urubyiruko, babizeza ubuzima bwiza mu mahanga ariko bagamije inyungu zabo bwite.

















