Abasirikare barenga 17 b’ingabo z’u Burundi zirwanira ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) nibo baguye mu mirwano iheruka kubahuza n’umutwe wa Twirwaneho wifatanyije n’uwa M23 mu gace ka Rugezi, kari muri secteur ya Lulenge, teritware ya Fizi, Kivu y’Amajyepfo.
Amakuru atangazwa n’ikinyamakuru Sos Media Burundi agaragaza ko iyi mirwano yabaye hagati ya tariki ya 12 na 15 Mata 2025, aho ingabo z’u Burundi zifatanyije na FARDC n’abarwanyi ba Mai Mai Biloze Bishambuke barwanaga n’imitwe ya Twirwaneho na M23.
Iyi mirwano yabereye mu bice bya Rugezi na Kabanju, aho umuturage wo muri Twirwaneho yahamirije icyo kinyamakuru ko abasirikare b’Abarundi barenga 17 bahasize ubuzima, umwe muri bo afatwa mpiri, ndetse n’intwaro zabo zigarurwa.
Nyuma y’iyo mirwano, abasirikare b’u Burundi basigaye bagaragara mu mujyi wa Baraka bahunga berekeza i Bujumbura banyuze mu kiyaga cya Tanganyika.
Raporo zigaragaza ko bari baturutse Babengwa, aho bari bari mu myitozo ya gisirikare hamwe n’abarwanyi ba Mai Mai bayobowe na General Hamuri Yakutumba.
Abasirikare b’u Burundi bamaze imyaka ibiri muri Kivu y’Amajyepfo, aho binjiye kuva muri Kamena 2022 bavuga ko bagamije kurwanya imitwe yitwaje intwaro irwanya ubutegetsi bwabo nka FNL na Red-Tabara.
Gusa, ibikorwa byabo byakunze kunengwa kuko bagabye ibitero ku baturage b’Abanyamulenge mu misozi ya Uvira, Fizi na Mwenga.
Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, akunze kugaragaza ko ashyigikiye ibikorwa by’igisirikare cye muri Congo. Mu ijambo risoza umwaka wa 2023, yavuze ko u Burundi bufite uburenganzira bwo kwirwanaho, ndetse anabishimangira mu 2024 avuga ko “abasirikare b’u Burundi bari muri RDC kugira ngo bahige abashinja guhungabanya umutekano w’igihugu cyabo.”
Nubwo igisirikare cy’u Burundi kivuga ko cyoherejwe kurwanya umutwe wa Red-Tabara, biragaragara ko gifatanya n’igisirikare cya RDC ndetse n’indi mitwe yitwaje intwaro nka Mai Mai na FDLR, iyi ya nyuma ikaba izwiho kuba igizwe n’abakoze jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Iyi mirwano iheruka yabaye imwe mu zakomeye cyane, ikaba yasize abasirikare b’u Burundi benshi bahasize ubuzima. Ahanini ngo bapfuye bitewe n’uko barwaniye mu misozi batamenyereye.
Uretse ingabo zaguye, iyi mirwano yatumye abaturage baturutse mu moko ya Abapfulero n’Ababembe bahunga berekeza i Milimba, Mukela na Kitchula.
Amakuru ya vuba kandi agaragaza ko ingabo za FARDC zifatanyije n’iz’u Burundi n’indi mitwe, zirimo gutegura ibindi bitero ku birindiro bya Twirwaneho i Kahololo, teritware ya Uvira, nk’uko bivugwa mu itangazo ryasohowe n’uwo mutwe.