Komisiyo y’Amatora muri Tanzania yatangaje ko Perezida Samia Suluhu Abaturage nyuma yo kumenyeshwa ko Samia Suluhu Hassan ariwe watsinze amatora bahise bakora imyigaragambyo ariwe watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye ku itariki ya 29 Ukwakira 2025, aho yegukanye intsinzi ikomeye n’amajwi 97,66% by’abatoye bose. Iyi ntsinzi yahise imwemerera gukomeza kuyobora igihugu cya Tanzania muri manda ye ikurikira, nyuma y’imyaka ine yari amaze asimbuye nyakwigendera John Pombe Magufuli mu 2021.
Nubwo Komisiyo y’Amatora yavuze ko amatora yabaye mu mucyo no mu mahoro, ibibazo ntibyatinze kuvuka. Ishyaka CHADEMA ritavuga rumwe n’ubutegetsi ryahise ryamagana aya matora, rivuga ko habayeho uburiganya n’itonesha, ndetse rikemeza ko bamwe mu bakozi baryo batemerewe kuba abagenzuzi ku biro by’itora. Iri shyaka ryahise ritangaza ko ritazemera ibyavuye mu matora, risaba ko amatora yasubirwamo cyangwa hagashyirwaho akanama kigenga gasuzuma ibyabaye.
Nyuma y’uko ibyavuye mu matora bitangajwe, imyigaragambyo y’amahoro yari yatangiriye mu mijyi nka Dar es Salaam, Arusha na Mwanza yahindutse iy’urugomo.
Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu yatangaje ko abantu 10 bamaze guhitanwa n’iyo myigaragambyo, ariko ishyaka CHADEMA rivuga ko abishwe barenga 800, abandi benshi bakaba bafunzwe cyangwa barakomeretse.
Guverinoma ya Tanzania yahise ifata umwanzuro ukomeye wo guhagarika interineti mu gihugu hose mu rwego rwo kwirinda ko amakuru y’imyigaragambyo yakomeza gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga. Minisitiri w’Umutekano yavuze ko iki cyemezo cyafashwe “mu nyungu z’umutekano w’igihugu” no gukumira “abashaka gusenya ibyagezweho.”
Nubwo bimeze bityo, abasesenguzi bavuga ko guhagarika interineti bishobora gukongeza umujinya w’abaturage kurushaho, kuko benshi babifata nk’igeragezwa ryo guhisha amakosa y’ubuyobozi. Umwe mu banyamakuru bo muri Dar es Salaam yagize ati: “Kuduhuza n’isi ntibihindura ukuri, abaturage barambiwe gucecekeshwa.”
Perezida Samia Suluhu we yabwiye itangazamakuru ko yiteguye “kunga igihugu no gukorera Abatanzania bose nta vangura”, asaba abamurwanya kwemera ibyavuye mu matora kugira ngo “amahoro ashinge imizi.” Kugeza ubu, abasesenguzi mu by’amategeko n’imiyoborere bavuga ko ibi bibazo bishobora gusiga icyasha ku isura ya demokarasi muri Tanzania, igihugu cyamaze igihe kirekire cyubahiriza amahame ya politiki y’amahoro.
Abaturage benshi baribaza niba iyi ntsinzi ya Samia Suluhu izazana amahoro n’iterambere, cyangwa se izaba intandaro y’ibyago n’amacakubiri mu gihugu cya Tanzania.

















