Umuhanzikazi Alyn Sano ari mu myiteguro yo gushyira ahagaragara album ye ya kabiri, ikaba igizwe n’indirimbo nshya zifite umwimerere mu buryo bw’umuziki n’ibitekerezo birimo.
Mu kiganiro nโabanyamakuru, yavuze ko iyi album izaba itandukanye cyane nโiya mbere mu buryo butandukanye. Yongeyeho ko muri uyu mwaka wa 2024 yakoranye nโaba-Producers bakomeye bo muri Afurika ndetse no hanze yayo kugira ngo ashyire ku isoko umuziki ufite ireme mpuzamahanga.
Alyn Sano yavuze ko iyi album izaba igizwe nโindirimbo 13, zikaba zaranditswe mu buryo bugaragaza iterambere mu muziki we ndetse nโubumenyi yakusanyije mu rugendo rwe rw’ubuhanzi.
Indirimbo zose zizaba zifite umwihariko wโibicurangisho Nyarwanda nk’inanga nโicyembe, bigahuzwa nโimiririmbire yโabasaamyi bo ku Nkombo, ndetse nโibindi bisobanura umuco nโamateka byโAbanyarwanda.
Izi ndirimbo harimo izamaze kumenyekana mu bitaramo no ku mbuga nkoranyambaga, nka โInshutiโ, โLionessโ, โMamaโ, na โPositiveโ. Hari n’izindi nshya zitegerejweho umusaruro mwiza mu ruhando rw’umuziki zirimo โMwizaโ, โMariyaโ, โUmwiharikoโ, โSakwe Sakweโ, โKukiโ, โWhyโ, โRumuriโ, โWarakozeโ, na โBohokaโ.
Alyn Sano yavuze ko izi ndirimbo ziri muri iyi album zirimo ubutumwa butandukanye bugamije gufasha abantu mu ngeri zose. Urugero, indirimbo nka “Mama” irashima uruhare rwโababyeyi mu buzima bwโabana babo, naho “Bohoka” ikaba ifite ubutumwa bwo guhumuriza abantu bari mu bihe bigoye.
Yongeyeho ko yakoranye nโamatsinda yo mu bice bitandukanye byโu Rwanda nโabo hanze yโigihugu kugira ngo ashobore kuzana umwimerere muri buri ndirimbo.
Iyi album, biteganyijwe ko izashyirwa ahagaragara mu ntangiriro zโumwaka utaha, itezweho gufasha Alyn Sano kurushaho kumenyekana ku rwego mpuzamahanga no kugaragaza impano ye idasanzwe.
Nkโuko yabigarutseho, Alyn yavuze ko intego ye nyamukuru atari ukumenyekanisha izina gusa, ahubwo ari ugutambutsa ubutumwa bukora ku mitima yโabantu no gutanga umusanzu mu guteza imbere umuco Nyarwanda binyuze mu muziki.
Yagize ati: โNifuza ko indirimbo zanjye zagera ku bantu benshi, zikabaha ibyishimo, ikizere, nโihumure mu bihe bitandukanye byo mu buzima.โ
Iyi album nshya izaba ikurikira iya mbere yari yitwa ” Rumuri ”ย nayo yari yarakunzwe mu ndirimbo zitandukanye. Bamwe mu bakunzi ba muzika bategerezanyije amatsiko iyi album nshya, cyane ko indirimbo zirimo zitezweho kuzana impinduka nziza mu mwuga wa muzika wโu Rwanda ndetse no hanze yarwo.

Umwe mu bahanzikazi Nyarwanda bafite igikundiro.

Alyn Sano yabikomojeho kuby’indirimbo ziri muri album ye ya kabiri.

Mu kiganiro nโabanyamakuru, yavuze ko iyi album izaba itandukanye cyane nโiya mbere.

Alyn Sano yavuze ko iyi album izaba igizwe nโindirimbo 13.
Alyn Sano imwe mu ndirimbo aheruka gusohora ‘ TUMU SANA’.















