Adolf Hitler, wahoze ari umuyobozi mukuru w’ishyaka ry’Abanazi mu Budage, yapfuye yiyahuye aho gufatwa n’abanzi be, nk’uko byemezwa n’amabanga yashyizwe hanze n’Urwego rw’Ubutasi rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (CIA).
Nk’uko bivugwa muri iyi raporo, Hitler yanze gufatwa n’ingabo zari zamutsinze, ahitamo kwirasa ku itariki ya 30 Mata 1945, ari kumwe n’umugore we Eva Braun, bombi biyahura bari mu mwobo i Berlin. Nyuma y’urupfu rwabo, abari abasirikare be ngo batwitse umurambo we muri aside, kugeza ubwo uhindutse umuyonga, nk’uko CIA ibitangaza.
Nubwo hari abayoboke ba teori z’ibanga bavuga ko Hitler yaba yaratorotse agahungira muri Amerika y’Amajyepfo, raporo z’ubutasi zitandukanye, harimo n’iy’urwego rw’ubutasi rw’u Bwongereza (MI5), zigaragaza ko yapfuye muri Berlin mu 1945.
Gusa FBI yo yahaye CIA amakuru y’uko muri hotel y’i La Falda, muri Argentine, hari hateguwe nk’ahantu Hitler yashoboraga guhungira.
Hari na raporo y’umwaka wa 1955 yavugaga ko Hitler yaba yari mu gihugu cya Colombia akoresheje izina rya “Adolf Schrittelemayor,” ndetse hari n’ifoto bivugwa ko ari iyo yafatanywe n’inshuti ye muri icyo gihugu, mbere y’uko ajya muri Argentine.
CIA ngo yatangiye gukora iperereza kuri Schrittelemayor, ariko iza kurihagarika ivuga ko byari kuba igikorwa kitoroshye kandi gikeneye igihe kirekire n’imbaraga nyinshi, nyamara amahirwe yo kubona ibimenyetso bifatika akaba yari make.
Argentina yakunze gushinjwa kuba indiri y’Abanazi nyuma y’intambara ya kabiri y’isi, aho bivugwa ko abarenga ibihumbi 10 bahungiyeyo mu buryo bw’ibanga.
Muri bo harimo Adolf Eichmann, umwe mu bateguye jenoside y’Abayahudi (Holocaust), wafashwe mu 1960 akajyanwa kuburanishwa muri Israel, na Joseph Mengele, wamamaye mu gukora igerageza ry’ubugome ku bantu, we akaba yarapfiriye muri Brazil azize umutima ubwo yari koga. Icyakora, CIA yemeza ko Adolf Hitler atigeze atoroka, ko yiyahuye ndetse n’umurambo we ukangizwa burundu.
