• Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us
Kasuku Media
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
Kasuku Media
No Result
View All Result
Home Imikino

“Amarozi na ruswa si wo muti wa siporo yacu” Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yongeye kuvuga akari ku mutima ku bijyanye n’iterambere rya siporo mu Rwanda

Prince Mutabazi by Prince Mutabazi
July 4, 2025
in Imikino
0
“Amarozi na ruswa si wo muti wa siporo yacu” Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame
0
SHARES
0
VIEWS
WhatsAppShare on FacebookShare on Twitter
ADVERTISEMENT

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yongeye kuvuga akari ku mutima ku bijyanye n’iterambere rya siporo mu Rwanda, aho yagaragaje ko ibirimo amarozi, kuraguza no gutanga ruswa ku basifuzi ntacyo byafasha igihugu mu kubaka siporo nyayo ishingiye ku ndangagaciro.

Ibi Perezida Kagame yabivugiye mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 4 Nyakanga 2025. Ni ikiganiro cyagarutse ku ngingo nyinshi zirebana n’iterambere ry’igihugu, imibereho y’abaturage ndetse n’urwego rw’imyidagaduro n’imikino.

Mu bibazo byabajijwe harimo icyo Umunyamakuru wa RBA, Jado Castar, yamubajije kijyanye n’impamvu indangagaciro zashoboye kubaka igihugu, zirimo ikinyabupfura, ubwitange n’icyerekezo, ariko zikaba zitaragera ku rwego rwa siporo mu buryo bugaragara.

Mu gusubiza, Perezida Kagame yavuze ko siporo nyayo yubakwa ku bintu bitatu by’ingenzi: agaciro kayihabwa, imyiteguro myiza, n’impano karemano y’abakinnyi.

Yagize ati: “Siporo warebamo ibintu nka bibiri cyangwa bitatu. Icya mbere ni agaciro uyiha siporo ifite agaciro iyo uyitayeho kandi ukayifata nk’urwego rwubaka igihugu. Icya kabiri ni imyiteguro: ntushobora kubona umusaruro mu kintu utateguye. Icya gatatu ni impano: abantu ntushobora kubabaza ko badafite impano, ahubwo ni ugufasha abafite impano kuzibyaza umusaruro. Icyo udafite ntabwo wagikuraho ibirego.”

Yakomeje anenga imyumvire yo gukoresha amarozi no gutanga ruswa ku basifuzi nk’uburyo bwo gutsinda imikino, avuga ko ibyo atari wo murongo uhamye wateza imbere siporo.

Ati: “Iyo dushaka gutsinda binyuze mu nzira z’amarozi cyangwa ruswa, tuba twiyambura icyubahiro. Ibyo ntabwo byubaka impano cyangwa se ngo byongere ubushobozi, ahubwo bisenya icyizere n’ubupfura siporo igomba gushingiraho.”

Perezida Kagame yashimangiye ko siporo y’u Rwanda ishobora gutera imbere igihe abayobozi, abakinnyi, n’abafana bose bahuriza ku ntego yo kubaka urwego rufite ireme, rutagendera ku mayeri cyangwa amanyanga, ahubwo rushyigikira indangagaciro z’ubunyangamugayo, ubwitange n’icyerekezo.

Yasoje agira inama urubyiruko n’abayobozi b’amakipe kwirinda amagambo n’ibikorwa bitesha agaciro siporo, ahubwo bagaharanira kwerekana ubushobozi bwabo mu buryo bufatika.

Ati: “Nimucike ku nzira zigufi, mubikore neza, aho gutegereza ubufasha buvuye mu mayobera. Uwo ni wo murongo utanga icyizere ya siporo yacu.”

“Amarozi na ruswa si wo muti wa siporo yacu” Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yongeye kuvuga akari ku mutima ku bijyanye n’iterambere rya siporo mu Rwanda
Bamwe mu banyamakuru beza barimo babaza ibibazo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame
ADVERTISEMENT
Previous Post

Trump arateganya kwakirira irushanwa rya UFC muri White House mu kwizihiza imyaka 250 y’ubwigenge bwa Amerika

Next Post

Ingabo z’u Burundi zahunze mu mirwano zarwanyemo na Twirwaneho muri Mikenke

Prince Mutabazi

Prince Mutabazi

Next Post
Ingabo z’u Burundi zahunze mu mirwano zarwanyemo na Twirwaneho muri Mikenke

Ingabo z’u Burundi zahunze mu mirwano zarwanyemo na Twirwaneho muri Mikenke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IFOTO Y’UMUNSI



  • Trending
  • Comments
  • Latest
“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

April 17, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

March 22, 2025
Blandine Uwajeneza: Umukobwa wambara inkweto ndende zo ku rubyiniro agakiza ubuzima bwa bantu mu bitaro

Blandine Uwajeneza: Umukobwa wambara inkweto ndende zo ku rubyiniro agakiza ubuzima bwa bantu mu bitaro

June 10, 2025
Arsenal yatangiye ibiganiro byo gushaka Eberechi Eze

Arsenal yatangiye ibiganiro byo gushaka Eberechi Eze

June 30, 2025
Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

9
Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

4
Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

3
Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

2
Ingabo z’u Burundi zahunze mu mirwano zarwanyemo na Twirwaneho muri Mikenke

Ingabo z’u Burundi zahunze mu mirwano zarwanyemo na Twirwaneho muri Mikenke

July 4, 2025
“Amarozi na ruswa si wo muti wa siporo yacu” Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame

“Amarozi na ruswa si wo muti wa siporo yacu” Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame

July 4, 2025
Trump arateganya kwakirira irushanwa rya UFC muri White House mu kwizihiza imyaka 250 y’ubwigenge bwa Amerika

Trump arateganya kwakirira irushanwa rya UFC muri White House mu kwizihiza imyaka 250 y’ubwigenge bwa Amerika

July 4, 2025
Senegal yahagaritse umushinga wa “Akon City” wari uteganyijwe kubakwa ku bufatanye n’umuhanzi Akon.

Senegal yahagaritse umushinga wa “Akon City” wari uteganyijwe kubakwa ku bufatanye n’umuhanzi Akon.

July 4, 2025

Recent News

Ingabo z’u Burundi zahunze mu mirwano zarwanyemo na Twirwaneho muri Mikenke

Ingabo z’u Burundi zahunze mu mirwano zarwanyemo na Twirwaneho muri Mikenke

July 4, 2025
“Amarozi na ruswa si wo muti wa siporo yacu” Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame

“Amarozi na ruswa si wo muti wa siporo yacu” Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame

July 4, 2025
Trump arateganya kwakirira irushanwa rya UFC muri White House mu kwizihiza imyaka 250 y’ubwigenge bwa Amerika

Trump arateganya kwakirira irushanwa rya UFC muri White House mu kwizihiza imyaka 250 y’ubwigenge bwa Amerika

July 4, 2025
Senegal yahagaritse umushinga wa “Akon City” wari uteganyijwe kubakwa ku bufatanye n’umuhanzi Akon.

Senegal yahagaritse umushinga wa “Akon City” wari uteganyijwe kubakwa ku bufatanye n’umuhanzi Akon.

July 4, 2025
ADVERTISEMENT
Kasuku Media

Tubagezaho amakuru acukumbuye avugwa mu Rwanda, mu karere no mu mahanga mbere y'abandi!

Ibirimo

  • Amakuru
  • Ibindi
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Iyobokamana
  • Karabaye
  • Kasuku Breakfast
  • Politike
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Uncategorized
  • Urukundo
  • World

Amakuru Mashya

Ingabo z’u Burundi zahunze mu mirwano zarwanyemo na Twirwaneho muri Mikenke

Ingabo z’u Burundi zahunze mu mirwano zarwanyemo na Twirwaneho muri Mikenke

July 4, 2025
“Amarozi na ruswa si wo muti wa siporo yacu” Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame

“Amarozi na ruswa si wo muti wa siporo yacu” Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame

July 4, 2025
  • Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us

© 2024 KasukuMedia.com

No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection

© 2024 KasukuMedia.com