Tariki ya 19 Nyakanga 2025, ni itariki itazibagirana mu mateka ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), kuko ari bwo umutwe wa AFC/M23 nβubutegetsi bwa Kinshasa byashyize umukono ku masezerano yβamahoro, bigizwemo uruhare na Qatar nkβumuhuza ndetse nβumujyanama wa Perezida Donald Trump ushinzwe Afurika, Massad Boulos.
Aya masezerano yasinyiwe i Doha muri Qatar aje akurikira andi yasinyiwe i Washington, hagati ya Leta ya Congo nβu Rwanda, agamije gushakira umuti wβigihe kirekire ibibazo byβumutekano mu burasirazuba bwa RDC.

Mu muhango wo gushyira umukono kuri ayo masezerano, Leta ya RDC yari ihagarariwe na Sumba Sita Mambu, intumwa yihariye ya Perezida FΓ©lix Tshisekedi, mu gihe AFC/M23 yari ihagarariwe na Benjamin Mbonimpa, Umunyamabanga Nshingwabikorwa uhoraho wβuwo mutwe.
Impande zombi zemeranyije ku gahenge, ko nta gikorwa cyβintambara kizongera gukorwa haba mu kirere, ku butaka cyangwa mu mazi. Ziyemeje kandi kwirinda itangazwa ryβamagambo yβurwango no gutiza umurindi ibikorwa byβurugomo.
Gusa, ibi byahise bitera impaka zishingiye ku bisobanuro bitandukanye buri ruhande ruha ayo masezerano. Leta ya Congo ishimangira ko AFC/M23 yemeye ko ubutegetsi bugomba gusubizwa Kinshasa mu duce iri tsinda ryitwaje intwaro ryigaruriye, ariko AFC/M23 irabihakana.
Muyaya Patrick, Umuvugizi wa Leta ya RDC, yanditse kuri X agira ati:
βAya masezerano yβi Doha azirikana imirongo ntarengwa Leta ya Congo yakomeje gushimangira irimo kurekura ibice byose byafashwe na AFC/M23 ntayandi mananiza, inzego za Leta zikongera gukorera muri ibyo bice, igisirikare, igipolisi nβubucamanza.β
Ibi byamaganiwe kure na AFC/M23, binyuze mu muyobozi bwβishami ryayo rya politiki, Bertrand Bisimwa, wavuze ko bitateganyijwe na hamwe ko bagomba gusubiza Leta ubutaka yafashe, ahubwo ko ari ugushyira mu bikorwa uburyo bwo gufasha Leta gusohoza inshingano zayo.
βNtibivuze kuvana ingabo mu bice, ahubwo bivuze uburyo bwo guha ubushobozi Leta igashobora kuzuza inshingano zayo,β β Bertrand Bisimwa.
Impande zombi ziyemeje gutangira gushyira mu bikorwa ayo masezerano bitarenze ku wa 29 Nyakanga 2025, mu rwego rwo kugera ku mahoro arambye, nkβuko byatangajwe nβababaye abahuza. Hateganyijwe kandi ko Perezida Paul Kagame na Perezida FΓ©lix Tshisekedi bazahurira i Washington mu gihe cya vuba kugira ngo bashyire umukono ku masezerano rusange agomba gukurikiraho.

















