Ku nshuro ya mbere mu mateka, amakipe yβamakeba yo mu Bwongereza, Arsenal na Tottenham Hotspur, yatangaje ko azahurira mu mukino wa gicuti uzabera muri Hong Kong. Uyu mukino witezweho gukurura abafana benshi, cyane ko ari ubwa mbere aya makipe ahuriye hanze yβu Bwongereza.
Arsenal na Tottenham ni amakipe yo mu mujyi wa Londoni afitanye amateka akomeye yo guhangana. Buri gihe, imikino yβaya makipe izwi ku izina rya North London Derby iba ifite ishyaka nβumwuka wβubushyamirane hagati yβabakinnyi ndetse nβabafana.

Kwimurira iyi nshuro yβiri rushanwa hanze yβu Bwongereza ni intambwe ikomeye igaragaza uburyo umupira wβamaguru wβiki gihugu ugenda waguka ku isi hose.
Uyu mukino uzaba ari amahirwe akomeye ku bafana bo muri Aziya, byβumwihariko abo muri Hong Kong, kugira ngo babone bamwe mu bakinnyi bakomeye ku isi bitabira iri rushanwa ryβimbonekarimwe.
Byitezwe ko ibihangange nka Bukayo Saka, Martin Γdegaard, Son Heung-min na James Maddison bazitabira uyu mukino, bigatuma urushaho gukurura abafana benshi.
Uretse kuba umukino wβamateka, impamvu yβiri rushanwa ni ukwagura ibikorwa byβubucuruzi no gushimangira isura yβaya makipe mu ruhando mpuzamahanga.

Byitezwe ko ibigo bikomeye byβubucuruzi ndetse nβabaterankunga bazakoresha uyu mukino nkβamahirwe yo kwamamaza ibikorwa byabo.
Nubwo ari umukino wa gicuti, abakunzi ba ruhago bemeza ko Arsenal na Tottenham batazihanganirana ku kibuga, ahubwo buri kipe izagerageza gutsinda kugirango ikomeze kwerekana ubukaka bwayo.
Umusaruro wβuyu mukino kandi ushobora kugira ingaruka ku buryo aya makipe azatangira umwaka wβimikino utaha, kuko bizaba ari kimwe mu bigaragaza uko biteguye.
Ku bufatanye nβabategura amarushanwa mpuzamahanga, uyu mukino uteganyijwe kubera kuri sitade nini cyane muri Hong Kong, kandi bizashimangira iterambere rya ruhago muri aka karere. Abafana ba Arsenal na Tottenham bari hirya no hino ku isi, byβumwihariko abo muri Aziya, batewe amatsiko no kubona uko aya makipe yβamakeba azitwara muri uyu mukino wβamateka.
















