Ku nshuro ya mbere mu mateka, amakipe yโamakeba yo mu Bwongereza, Arsenal na Tottenham Hotspur, yatangaje ko azahurira mu mukino wa gicuti uzabera muri Hong Kong. Uyu mukino witezweho gukurura abafana benshi, cyane ko ari ubwa mbere aya makipe ahuriye hanze yโu Bwongereza.
Arsenal na Tottenham ni amakipe yo mu mujyi wa Londoni afitanye amateka akomeye yo guhangana. Buri gihe, imikino yโaya makipe izwi ku izina rya North London Derby iba ifite ishyaka nโumwuka wโubushyamirane hagati yโabakinnyi ndetse nโabafana.

Kwimurira iyi nshuro yโiri rushanwa hanze yโu Bwongereza ni intambwe ikomeye igaragaza uburyo umupira wโamaguru wโiki gihugu ugenda waguka ku isi hose.
Uyu mukino uzaba ari amahirwe akomeye ku bafana bo muri Aziya, byโumwihariko abo muri Hong Kong, kugira ngo babone bamwe mu bakinnyi bakomeye ku isi bitabira iri rushanwa ryโimbonekarimwe.
Byitezwe ko ibihangange nka Bukayo Saka, Martin รdegaard, Son Heung-min na James Maddison bazitabira uyu mukino, bigatuma urushaho gukurura abafana benshi.
Uretse kuba umukino wโamateka, impamvu yโiri rushanwa ni ukwagura ibikorwa byโubucuruzi no gushimangira isura yโaya makipe mu ruhando mpuzamahanga.

Byitezwe ko ibigo bikomeye byโubucuruzi ndetse nโabaterankunga bazakoresha uyu mukino nkโamahirwe yo kwamamaza ibikorwa byabo.
Nubwo ari umukino wa gicuti, abakunzi ba ruhago bemeza ko Arsenal na Tottenham batazihanganirana ku kibuga, ahubwo buri kipe izagerageza gutsinda kugirango ikomeze kwerekana ubukaka bwayo.
Umusaruro wโuyu mukino kandi ushobora kugira ingaruka ku buryo aya makipe azatangira umwaka wโimikino utaha, kuko bizaba ari kimwe mu bigaragaza uko biteguye.
Ku bufatanye nโabategura amarushanwa mpuzamahanga, uyu mukino uteganyijwe kubera kuri sitade nini cyane muri Hong Kong, kandi bizashimangira iterambere rya ruhago muri aka karere. Abafana ba Arsenal na Tottenham bari hirya no hino ku isi, byโumwihariko abo muri Aziya, batewe amatsiko no kubona uko aya makipe yโamakeba azitwara muri uyu mukino wโamateka.
















