Moulay Ismail ni umwe mu Bantu babayeho bagize amateka n’icyubahiro muri maroc ndetse no mumuco wabo muri rusange,yayoboye maroc yifashishije ingabo zirenga ibihumbi ijana na mirongo itanu(150.000) abenshi murabo bari abacakara babaga baratutse munsi y’ubutayu bwa Sahara.
Mu mwaka wa 1704 nibwo sultan Moulay yerekanywe na Guinness book of record nk’umuntu wari ufite abana benshi Aho icyo gihe babaruraga abagera kuri 880 aba nibo byari bizwi neza Hari n’amakuru afatika ko arabana ba sultan,uyu mugabo byavuzwe ko yaryamanaga n’umugore umwe buri munsi ibi NGO yabikoze mu gihe kimyaka 32.
Nyuma y’urupfu rwa Saadi sultan Ahmad Almansur maroc yaranzwemo umutekano mucye aho abahungu ba Almansur barwaniraga ubutegetsi hagati yabo mu gihe igihugu cyari cyacitsemo ibice, murizo ntambara Moulay Ismail yahisemo gushyigikira Uwitwaga Rashid maze aza kumugira guverineri wa Mekness akigerayo Moulay yatangije ubuhinzi n’ubucuruzi muri ako karere kugira ngo yongere ubukungu bwe bwari kuzamufasha kugenda nawe yigarurira ahantu hatandukanye.
Rashid Kandi yahaye Moulay kuyobora igisirikare mu majyaruguru ya Maroc maze amugira uhagarariye intumwa y’Imana Muhammad muri feodal na viceroy ahagana 1667 ubwo yarwanaga mu majyepfo ya Maroc. (khalifa Ni izina ryahabwaga uhagarariye Muhammad mu gace runaka muri Africa)
inzu ndangamurage yitiriwe sultan Moulay niyo yonyine amarembo aba afunguye kubatari abasiramu.
Moulay Ismail yarindaga cyane abagore be bane 4 n’inshoreke ze magana atanu 500 Aho umugabo uwo ariwe wese warebaga umwe mu bagore cyangwa inshoreke ye yahabwaga igihano cyo kwicwa,bamwe mu nshoreke ze sultan Moulay yagiye abanyonga abandi akabaca amabere hakaba nabo akuye amenyo bitewe nuko abafashe cyangwa akabakekaho kumuca inyuma.
Nkuko igitabo cya Guinness world Record kibitangaza Ismail yibarutse abana barenga 888 umubare munini w’abana wigeze ubaho bibarutswe n’umuntu umwe,dukurikije inkuru zanditswe na Dominique Busnot wari ambasaderi w’ubufaransa wahoraga akora ingendo muri maroc sultan ashobora kuba yari afite abana 1171 mu 1704 Aho yari afite imyaka 57 amaze kubutegetsi imyaka 32.
Nubwo abahanga bashidikanyaga ko bishoboka ubushakashatsi bushya bwakozwe kuri sultan n’imibereho ye bwerekanye ibi bishoboka cyane mu gihe yaba yararyamanaga n’umugore umwe byibuze kumunsi.