Umunyarwenya w’Umunya-Uganda Anne Kansiime yahishuye ko ari we watanze inkwano ubwo yashyingiranwaga na Gerald Ojok, umugabo we wa mbere, nyuma bikaza kurangira batandukanye. Kansiime yavuze ko iki cyemezo yagifashe kubera se wamuhatiraga gushaka umugabo, akamubwira kenshi ko ashaka umukwe.
Anne Kansiime, uzwi cyane muri Afurika y’Iburasirazuba no hanze yayo kubera impano ye mu gusetsa, yatangaje ibi mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, aho yagarutse ku buzima bwe bw’urukundo.
Yavuze ko ubwo yari akiri umukobwa, umuryango we, cyane cyane se, yamushyiragaho igitutu amubaza impamvu atarashaka. Kubera iyo mpamvu, ngo yahisemo kwishyurira Gerald Ojok inkwano kugira ngo abone umugabo, arongorwe, bityo aheze amahwa ababyeyi be bamuteraga.

Aba bombi basezeranye mu 2013, ariko nyuma y’imyaka ine, mu 2017, urukundo rwabo rwarangiriye mu gutandukana nta mwana barabyarana.
Kansiime yavuze ko nubwo yari yakoze uko ashoboye ngo yubake urugo rufite umusingi ukomeye, byarangiye urushako rwabo rugize ibibazo bikomeye, bigatuma bahitamo gutandukana.
Nyuma yo gutandukana na Ojok, Anne Kansiime yaje gukundana n’undi mugabo witwa Abraham Tukahiirwa, uzwi ku izina rya Skylanta.
Uyu mugabo, nawe ukomoka muri Uganda, ni umuhanzi n’umunyamuziki ukora injyana ya reggae. Kansiime na Skylanta bakomeje gukundana mu gihe kirekire, nyuma baza no kurushinga, ubu bakaba banaherutse kwibaruka umwana wabo w’imfura w’umuhungu wavutse mu 2021.
Mu kiganiro cye, Kansiime yavuze ko yize byinshi ku rushako rwe rwa mbere, bikamufasha kumenya neza icyo ashaka mu buzima bw’urukundo.
Yongeyeho ko kuri ubu yumva anejejwe n’iterambere rye mu buzima bw’umuryango no mu mwuga we wo gusetsa, aho akomeje gutaramira imbaga y’abafana be mu bitaramo bitandukanye.
Iyi nkuru ikomeje gukwirakwira cyane ku mbuga nkoranyambaga, aho abantu benshi bagaragaje ibyiyumviro bitandukanye. Bamwe bashimye ukwiyemeza kwe no gukomeza ubuzima nyuma yo gutandukana, mu gihe abandi batunguwe no kumenya ko yatanze inkwano ubwe kugira ngo arongorwe.
