Arsenal FC yo mu Bwongereza yasinyishije umukinnyi wo hagati Martin Zubimendi avuye muri Real Sociedad yo muri Espagne, ku masezerano y’agaciro ka miliyoni โฌ65. Ni inkuru yishimiwe cyane nโabakunzi ba Arsenal, dore ko uyu mukinnyi amaze igihe yifuzwa cyane nโumutoza Mikel Arteta, wamubonagamo igisubizo cyโigihe kirekire ku mwanya wo hagati.
Zubimendi, wโimyaka 25, ni umukinnyi wamenyekanye cyane mu mikino ya La Liga kubera uburyo ayobora umukino hagati mu kibuga, akagira icyerekezo gikomeye ndetse no gushobora gutanga imipira iremereye.
Uyu mukinnyi wโUmunya-Espagne yakuriye mu ishuri ryโabato rya Real Sociedad, ndetse yagiye azamuka gahoro gahoro kugeza ubwo yigaragaje nkโumwe mu bakinnyi ba mbere b’icyitegererezo ku ikipe ye.
Arsenal ikomeje kwiyubaka kugira ngo yongere guhangana ku rwego rwo hejuru haba muri Premier League ndetse no ku ruhando mpuzamahanga, Zubimendi akaba aje kongera imbaraga mu busatirizi bwayo bwibanda cyane ku guhererekanya neza umupira hagati mu kibuga.
Uretse kuba azana ubunararibonye, afite nโimyitwarire myiza kandi akunze kugaragara nkโumukinnyi utuje mu kibuga, ibintu bizafasha cyane ikipe ya Arteta.
Uyu mukinnyi yasinye amasezerano yโimyaka itanu. Biteganyijwe ko azahita atangira imyitozo nโabandi bakinnyi bashya, kugira ngo yinjire mu mikorere yโikipe vuba.
Uyu ni umukinnyi wa kabiri Arsenal isinyishije muri iyi mpeshyi, nyuma yo gutangaza gahunda yo gushora amafaranga menshi mu igura nโigurishwa ryโabakinnyi kugira ngo ikomeze kugera ku nzozi zo gutwara ibikombe.
Zubimendi yavuze ko kwinjira muri Arsenal byari inzozi kuri we ati: โNi ikipe ikomeye ifite umutoza wumva umukino kandi usobanutse. Niteguye gutanga byose kugira ngo mfatanye nโabandi kugera ku ntsinzi.โ
Arsenal yizeye ko uyu musore azagira uruhare rukomeye mu mikino iri imbere, ndetse abafana benshi bamaze gutangira kumwerekana nkโumusimbura mwiza wa Granit Xhaka wahoze ari umutima wโikipe hagati.



