
Umunyamidagaduro wo muri Uganda witwa Shanitah Namuyimbwa uzwi cyane nka Bad Black, yasabye umuririmbyikazi Ava Peace kugira ubutwari bwo gutangaza amazina yโumugabo wamugiriye nabi, kugira ngo abandi bagore bazarokoke ayo makuba.
Mu kiganiro yakoze mu buryo bwa TikTok Live ku wa Gatanu, Ava Peace yavuze ko yahigimye urupfu mu rukundo rumwe yanyuzemo mu bihe byashize, kubera ihohoterwa yakorerwaga nโuwo bari bakundana.
Uyu muririmbyi wo muri TNS (Team No Sleep) yavuze ko yakorewe ihohoterwa rishingiye ku mubiri ndetse no ku marangamutima, aho uwo mukunzi we yamushinjaga ko amwubaha nabi igihe yamubazaga ku bintu bitari byo yakoraga.

Yagize ati:
โUwo musore yatangiye kuntuka no kunkubita, ambwira ko ntamwubahaga igihe namuganirizaga ku makosa ye. Nari hafi gupfa muri urwo rukundo. Hari nโubwo yageragezaga kuniga ijosi.โ
Mu biganiro byakurikiyeho, Bad Black yashimye Ava Peace ku bwo kugira ubutwari bwo guhagarika urukundo rwuzuyemo ihohoterwa.
Ashingiye ku buzima bwe bwโurukundo bwigeze kujya mu bibazo bikomeye, Bad Black yasabye Ava Peace kugira ubutwari burenzeho agatangaza amazina yโuwo yamukoreye ibyo bintu, kugira ngo abakobwa nโabagore bazamumenya kandi birinde kugwa mu mutego nkโuwo.
Bad Black yavuze ko na we yigeze kunyura mu rukundo rufite ihohoterwa rikabije, ndetse muri rumwe muri izo nkuru, ngo harigeze guterwa imbunda ku mutwe nyuma yo gushwana nโuwo bari kumwe mu kabari kazwi cyane i Kampala.















