• Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us
Kasuku Media Shop
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Karabaye
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • Love Connection
No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Karabaye
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • Love Connection
No Result
View All Result
Kasuku Media Shop
No Result
View All Result
Home Imyidagaduro

Bad Rama avuga ko yahohotewe, agasaba ubufasha ku mafaranga $30,000 yambuwe

Prince Mutabazi by Prince Mutabazi
February 12, 2025
in Imyidagaduro
0
Bad Rama avuga ko yahohotewe, agasaba ubufasha ku mafaranga $30,000 yambuwe
0
SHARES
2
VIEWS
WhatsAppShare on FacebookShare on Twitter
ADVERTISEMENT

Bad Rama, umwe mu bafite ibikorwa bikomeye mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda, yifashishije imbuga nkoranyambaga kugira ngo atangaze akarengane avuga ko ari gukorerwa n’umugabo witwa Basile. Uyu mugabo ngo yamwambuye ibihumbi $30,000 (asaga miliyoni 42 Frw), ndetse akagerageza no kumufungisha akoresheje impapuro mpimbano.

Mu mashusho yashyize hanze mu gitondo cyo ku wa 12 Gashyantare 2025, Bad Rama yavuze ko kwitabaza imbuga nkoranyambaga ari bwo buryo bwonyine yari asigaranye kugira ngo atabarize uburenganzira bwe.

Yavuze ko yisanze mu manza zikomeye, aho avuga ko ari gusiragizwa na Basile, umugabo ufite ibikorwa by’ubucuruzi mu Rwanda no mu mahanga.

Yongeyeho ko iki kibazo cyageze ku rwego ruteye inkeke, aho yumva ko akarengane akomeje gukorerwa kamurenze.

Uyu mushoramari mu myidagaduro yavuze ko atari ubwa mbere ahuye n’akarengane nk’aka, ariko ubu byageze ku rwego rukomeye aho bamugambaniye bigizwemo uruhare n’abantu bafite imbaraga. Yavuze ko yashatse inzira zose zishoboka zo gukemura iki kibazo mu buryo bwemewe n’amategeko, ariko aho ageze bikaba bisa n’ibyarananiranye.

Mu magambo ye, yagize ati: “Nari nifitiye icyizere ko ubutabera bwo mu gihugu cyacu buzamfasha, ariko uko iminsi ishira niko ndushaho kubona ko hari imbaraga nshaka zunganira ukuri. Sinashoboraga gukomeza guceceka kuko n’ubundi ari njye uri guhomba. Nizeye ko abafite icyo bamfasha batazaceceka kuko aka ni akarengane gafungura amaso ya benshi.”

Bad Rama yasabye buri wese ufite icyo yamufasha, yabamubera umujyanama, ubufasha bw’amategeko cyangwa ikindi gitekerezo cyamufasha kugaruza amafaranga ye no kwirinda izindi ngaruka z’iki kibazo.

Yavuze ko yizeye ko abamukurikirana ndetse n’abamenya iyi nkuru bazagira icyo bakora kugira ngo atagira izindi ngaruka zikomeye.

Uru ni urugero rundi rugaragaza uko bamwe mu bacuruzi na ba rwiyemezamirimo bahura n’ibibazo byo kwamburwa cyangwa kugirirwa nabi, ariko bikagorana kubona ubutabera.

Bad Rama akaba yifashishije imbuga nkoranyambaga nk’uburyo bwo gutabariza uburenganzira bwe, icyizere cye akaba agishingira ku bantu bazi ukuri n’inkiko zakemura ikibazo cye mu mucyo.

Mu mashusho yashyize hanze mu gitondo cyo ku wa 12 Gashyantare 2025, Bad Rama yavuze ko kwitabaza imbuga nkoranyambaga ari bwo buryo bwonyine yari asigaranye kugira ngo atabarize uburenganzira bwe.

ADVERTISEMENT
Previous Post

Yung Miami Yihaye Impano y’Imodoka Nshya mu Isabukuru ye

Next Post

Robert Lewandowski yatangaje ko akiri muri Barcelona Kugeza muri 2026

Prince Mutabazi

Prince Mutabazi

Next Post
Robert Lewandowski yatangaje ko akiri muri Barcelona Kugeza muri 2026

Robert Lewandowski yatangaje ko akiri muri Barcelona Kugeza muri 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IFOTO Y’UMUNSI



  • Trending
  • Comments
  • Latest
“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

April 17, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

March 22, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Zihagaritse Gutunganya Bimwe mu Bisaba Green Card

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Zihagaritse Gutunganya Bimwe mu Bisaba Green Card

March 27, 2025
Semuhungu Eric yirukanye General Benda muri Crue ye yaba Traffic Jam

Semuhungu Eric yirukanye General Benda muri Crue ye yaba Traffic Jam

January 31, 2025
Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

9
Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

3
Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

3
Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

2
Umubyeyi wa Chriss Eazy yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu

Umubyeyi wa Chriss Eazy yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu

June 13, 2025
Amato abiri yarohamiye mu kiyaga cya Tumba, 32 bahasiga ubuzima

Amato abiri yarohamiye mu kiyaga cya Tumba, 32 bahasiga ubuzima

June 13, 2025
Ingabo za Leta za RDC zasatiriye agace ka Rugezi mu gitero

Ingabo za Leta za RDC zasatiriye agace ka Rugezi mu gitero

June 13, 2025
France Football ishobora kongera gutanga Super Ballon d’Or

France Football ishobora kongera gutanga Super Ballon d’Or

June 13, 2025

Recent News

Umubyeyi wa Chriss Eazy yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu

Umubyeyi wa Chriss Eazy yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu

June 13, 2025
Amato abiri yarohamiye mu kiyaga cya Tumba, 32 bahasiga ubuzima

Amato abiri yarohamiye mu kiyaga cya Tumba, 32 bahasiga ubuzima

June 13, 2025
Ingabo za Leta za RDC zasatiriye agace ka Rugezi mu gitero

Ingabo za Leta za RDC zasatiriye agace ka Rugezi mu gitero

June 13, 2025
France Football ishobora kongera gutanga Super Ballon d’Or

France Football ishobora kongera gutanga Super Ballon d’Or

June 13, 2025
ADVERTISEMENT
Kasuku Media Shop

Tubagezaho amakuru acukumbuye avugwa mu Rwanda, mu karere no mu mahanga mbere y'abandi!

Ibirimo

  • Amakuru
  • Ibindi
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Iyobokamana
  • Karabaye
  • Kasuku Breakfast
  • Politike
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Uncategorized
  • Urukundo
  • World

Amakuru Mashya

Umubyeyi wa Chriss Eazy yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu

Umubyeyi wa Chriss Eazy yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu

June 13, 2025
Amato abiri yarohamiye mu kiyaga cya Tumba, 32 bahasiga ubuzima

Amato abiri yarohamiye mu kiyaga cya Tumba, 32 bahasiga ubuzima

June 13, 2025
  • Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us

© 2024 KasukuMedia.com

No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Karabaye
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • Love Connection

© 2024 KasukuMedia.com