Bruce Melodie yasubije Ishimwe Jean Aime uzwi nka No Brainer, nyuma yβuko uyu mugabo anenze kuba uyu muhanzi yarakoranye indirimbo na Joeboy wo mu gihugu cya Nigeria. No Brainer yavuze ko gukorana nβumunyamahanga utagezweho nta kamaro bifitiye umuhanzi Nyarwanda ushaka guteza imbere umuziki we ndetse n’Igihugu cye muri rusange.
Bruce Melodie ntiyazuyaje mu gusubiza, avuga ko hari igihe abakurikira umuziki wo mu Rwanda bibeshya ko buri gihe umuhanzi Nyarwanda ari we uba wasabye gukorana nβumunyamahanga.
Yagize ati: “Hari igihe abantu bibeshya ko buri gihe ari twe dusaba βcollabo,β ariko si ko bimeze. Umuhanzi wese afite icyo yakwigira kuri mugenzi we, ndetse nβabo mwita ko batagezweho baba bafite agaciro mu muziki wabo.”
Melodie yanavuze ko No Brainer, uzwiho gukorana nβabahanzi batandukanye mu Rwanda no kureberera inyungu zabo, akwiye guhindura imyumvire. Yongeyeho ati: “Niba No Brainer agifite iyo myumvire yo gucishamo amaso bamwe mu bahanzi bo hanze, nta kabuza abahanzi akorana na bo bazakomeza gukubitika. Umuziki ni uruganda rusaba gukorana nβabandi, kugira ngo ugire aho ugera.”

Izi mpaka zakomeje umurindi nyuma yβuko Bruce Melodie mu minsi ishize ashyize hanze indirimbo βBeauty on Fireβ yakoranye na Joeboy.
Iyo ndirimbo ni imwe mu zigize album nshya ya Bruce Melodie yitwa βColorful Generationβ, aho afatanyije nβabandi bahanzi batandukanye bo mu mahanga.
Album βColorful Generationβ igizwe nβindirimbo nyinshi zigaragaza iterambere ryβumuziki wa Bruce Melodie, aho arimo kwagura imbibi no gukorana nβabahanzi bo ku rwego mpuzamahanga.
Iyi album igaragaza ubushake bwβuyu muhanzi mu gutambutsa injyana ye ku ruhando mpuzamahanga, kandi bikaba byaratangiye gutanga umusaruro kuko indirimbo ze zimaze gukundwa na benshi.
Ku rundi ruhande, bamwe mu bakunzi bβumuziki wo mu Rwanda bagaragaje ko bashyigikiye igitekerezo cya No Brainer, bavuga ko gukorana nβabahanzi bafite izina rikomeye byafasha abahanzi Nyarwanda gutera imbere kurushaho.
Ariko kandi, hari nβabavuze ko umuziki udatera imbere nβicyubahiro cyβuwakoranye indirimbo nβundi gusa, ahubwo ko imbaraga nβubuhanga byβumuhanzi ari byo bifasha mu gutera imbere.
Bruce Melodie akomeje ibikorwa bye byo guteza imbere umuziki we ku rwego mpuzamahanga, kandi ntahwema gushimangira ko kwaguka kwa muzika Nyarwanda bisaba ubufatanye bwβabahanzi, aho gukomeza kwishishanya no kunenga.
















