
Umuhanzi Bruno K, amazina ye nyakuri akaba ari Bruno Kiggundu, yamaze gutangaza ku mugaragaro itariki n’ahazabera igitaramo cye yise “Ekiboozi Concert.”
Ibi bibaye hashize iminsi mike gusa atangije ikiganiro gishya cya TikTok Live yise “Ekiboozi,” aho yakiriraga abakunzi be mu buryo bw’imbonankubone.
Iki gitaramo kizaba ku wa 16 Gicurasi, kibere Freedom City, Namasuba, kikazategurwa na Don’s Promotion. Bruno K yashimye cyane umujyanama we mushya, Roger Lubega, wamwemereye ubufasha binyuze muri Source Management kugira ngo amufashe mu miyoborere y’imishinga ye y’umuziki.
“16 Gicurasi, Freedom City. Ndashimira cyane umuterankunga wanjye Don’s Promotion ku kuntizamo icyizere, hamwe n’umujyanama wanjye Roger. Iki ni igihe cyacu Team Bruno K. Intsinzi ni iya Yesu.”

Iri tangazo rije nyuma y’iminsi mike Bruno K atandukanye burundu n’ikiganiro cya Crysto Panda cya TikTok Live cyitwaga “Champanya”, nyuma y’amakimbirane yavutse ku migabane itaringaniye y’amafaranga yakusanyijwe mu gitaramo cyabaye ku wa Mbere wa Pasika.
Mu buryo butunguranye ariko bushimishije, Bruno K yahise atangira kwakira imigisha itandukanye irimo igitangaza cya miliyoni 10 z’amashilingi yahawe na Mama Fiina, ndetse n’andandi miliyoni 3.5 zaturutse mu bantu bamushyigikiye ubwo yagaragaraga bwa mbere mu kiganiro cye.
Igitaramo cya “Ekiboozi” kitezweho guhuza abakunzi b’umuziki ndetse no kugaragaza impinduka Bruno K yagezeho nyuma yo kwitandukanya n’abamuciye intege