• Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us
Kasuku Media Shop
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Karabaye
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • Love Connection
No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Karabaye
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • Love Connection
No Result
View All Result
Kasuku Media Shop
No Result
View All Result
ADVERTISEMENT
Home Imyidagaduro

Chiboo akomeje gutigisa imbuga nkoranyambaga nyuma yo gusohora indirimbo nshya “VAZI”

Umuhanzi nyarwanda ukunzwe cyane muri iyi minsi, Chiboo, yongeye kwerekana ko afite intego yo guhanga udushya no gusigasira umuziki nyarwanda, ubwo yasohoraga indirimbo nshya yise VAZI.

Prince Mutabazi by Prince Mutabazi
May 9, 2025
in Imyidagaduro
0
Chiboo akomeje gutigisa imbuga nkoranyambaga nyuma yo gusohora indirimbo nshya “VAZI”
0
SHARES
0
VIEWS
WhatsAppShare on FacebookShare on Twitter
ADVERTISEMENT

Umuhanzi nyarwanda ukunzwe cyane muri iyi minsi, Chiboo, yongeye kwerekana ko afite intego yo guhanga udushya no gusigasira umuziki nyarwanda, ubwo yasohoraga indirimbo nshya yise VAZI. Iyi ndirimbo yasohotse mu masaha y’umugoroba wo kuri uyu waGatanu, ikaba imaze gutangira guca ibintu ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye, by’umwihariko kuri YouTube ye bwite izwi ku izina rya “Chiboo”.

VAZI ni indirimbo yuje ubuhanga mu miririmbire, amagambo aryoshye, ndetse n’umuziki utanga amarangamutima. Mu buryo yanditsemo ndetse ikanatunganywa, iyi ndirimbo yerekana iterambere n’imbaraga Chiboo akomeje gushyira mu buhanzi bwe.

Ku isura y’amajwi n’amashusho, hari kugaragaramo ubunyamwuga n’urwego rwo hejuru rugaragaza ko Chiboo atari mu rugendo rwo gukina, ahubwo afite intego yo guteza imbere umuziki we n’u Rwanda muri rusange.

Mu mashusho yayo yasohokanye, hagaragaramo imyambarire igezweho, ubugeni buhambaye mu gufata amashusho, ndetse n’uburyo yateguwe n’itsinda rimufasha mu buhanzi rye.

Abafana be bamaze kuyakira neza, aho bamwe bagaragaje ko iyi ndirimbo ishobora kuzaba imwe mu ndirimbo z’icyumweru cyangwa z’ukwezi muri iki gihe.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Chiboo yashimiye abakunzi be uburyo bamushyigikira, anababwira ko iyi ndirimbo ari imwe mu mishinga myinshi ateganya gusohora muri uyu mwaka wa 2025.

Yagize ati: “VAZI ni impano mpaye abafana banjye, iyi ni intangiriro gusa, hari byinshi biri imbere kandi nzakomeza kubakorera ibihangano byujuje ubuziranenge.”

Chiboo ni umwe mu bahanzi bari kuzamuka mu buryo butangaje, akaba ari n’umwe mu bafatiye runini urubyiruko, bitewe n’ubutumwa atanga ndetse n’uburyo yigaruriye imitima ya benshi binyuze mu ndirimbo ze zifite injyana n’ubutumwa bukubiyemo ubuzima bw’abasore n’inkumi b’iki gihe.

Indirimbo ye nshya VAZI ikaba iri mu ndirimbo yasohoye kandi ko irakomeza kumwubakira izina ndetse ikanaha abakunzi be icyizere ko umuziki nyarwanda ugifite icyerekezo.

Abasesenguzi b’umuziki bavuga ko iyi ndirimbo ishobora gukomeza gukora ku mitima ya benshi ndetse igatuma Chiboo arushaho kugwiza igikundiro no ku rwego mpuzamahanga, cyane cyane mu gihe akomeje gushyira imbaraga mu gukora indirimbo zifite ireme rihanitse.

Kuri ubu, ushaka kureba iyi ndirimbo cyangwa kuyumva, urasabwa gusura urubuga rwe rwa YouTube rwitwa Chiboo, aho yagaragaje ko azakomeza gushyiraho ibihangano byinshi bishya mu minsi iri imbere. Abafana n’abakunzi b’umuziki nyarwanda barasabwa kumushyigikira kugira ngo abashe kugera ku nzozi ze zo gukorera umuziki ku rwego mpuzamahanga.

ADVERTISEMENT
Previous Post

Kanye West yandikiye Kim Kardashian ibaruwa ikomerera amushinja gukoresha abana babo no kwirengagiza inshingano.

Prince Mutabazi

Prince Mutabazi

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IFOTO Y’UMUNSI



  • Trending
  • Comments
  • Latest
“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

April 17, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

March 22, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Zihagaritse Gutunganya Bimwe mu Bisaba Green Card

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Zihagaritse Gutunganya Bimwe mu Bisaba Green Card

March 27, 2025
Semuhungu Eric yirukanye General Benda muri Crue ye yaba Traffic Jam

Semuhungu Eric yirukanye General Benda muri Crue ye yaba Traffic Jam

January 31, 2025
Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

9
Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

3
Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

3
Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

2
Chiboo akomeje gutigisa imbuga nkoranyambaga nyuma yo gusohora indirimbo nshya “VAZI”

Chiboo akomeje gutigisa imbuga nkoranyambaga nyuma yo gusohora indirimbo nshya “VAZI”

May 9, 2025
Kanye West yandikiye Kim Kardashian ibaruwa ikomerera amushinja gukoresha abana babo no kwirengagiza inshingano.

Kanye West yandikiye Kim Kardashian ibaruwa ikomerera amushinja gukoresha abana babo no kwirengagiza inshingano.

May 9, 2025
Abunganira Diddy babwiye urukiko ko yari afitanye urugomo na Cassie: “Bombi barakubitanye”

Abunganira Diddy babwiye urukiko ko yari afitanye urugomo na Cassie: “Bombi barakubitanye”

May 9, 2025
Inzozi za United muri Europa League

Inzozi za United muri Europa League

May 9, 2025

Recent News

Chiboo akomeje gutigisa imbuga nkoranyambaga nyuma yo gusohora indirimbo nshya “VAZI”

Chiboo akomeje gutigisa imbuga nkoranyambaga nyuma yo gusohora indirimbo nshya “VAZI”

May 9, 2025
Kanye West yandikiye Kim Kardashian ibaruwa ikomerera amushinja gukoresha abana babo no kwirengagiza inshingano.

Kanye West yandikiye Kim Kardashian ibaruwa ikomerera amushinja gukoresha abana babo no kwirengagiza inshingano.

May 9, 2025
Abunganira Diddy babwiye urukiko ko yari afitanye urugomo na Cassie: “Bombi barakubitanye”

Abunganira Diddy babwiye urukiko ko yari afitanye urugomo na Cassie: “Bombi barakubitanye”

May 9, 2025
Inzozi za United muri Europa League

Inzozi za United muri Europa League

May 9, 2025
ADVERTISEMENT
Kasuku Media Shop

Tubagezaho amakuru acukumbuye avugwa mu Rwanda, mu karere no mu mahanga mbere y'abandi!

Ibirimo

  • Amakuru
  • Ibindi
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Iyobokamana
  • Karabaye
  • Kasuku Breakfast
  • Politike
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Uncategorized
  • Urukundo
  • World

Amakuru Mashya

Chiboo akomeje gutigisa imbuga nkoranyambaga nyuma yo gusohora indirimbo nshya “VAZI”

Chiboo akomeje gutigisa imbuga nkoranyambaga nyuma yo gusohora indirimbo nshya “VAZI”

May 9, 2025
Kanye West yandikiye Kim Kardashian ibaruwa ikomerera amushinja gukoresha abana babo no kwirengagiza inshingano.

Kanye West yandikiye Kim Kardashian ibaruwa ikomerera amushinja gukoresha abana babo no kwirengagiza inshingano.

May 9, 2025
  • Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us

© 2024 KasukuMedia.com

No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Karabaye
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • Love Connection

© 2024 KasukuMedia.com