Ku mbuga nkoranyambaga no mu bitangazamakuru mpuzamahanga hakomeje gukwirakwiza ishusho y’abakinnyi b’ibihangange, ni nyuma y’imirwano yabereye mu mihanda ya Brazil, ivugwamo amazina akomeye mu mupira wβamaguru: Philippe Coutinho na Memphis Depay. Iyi mirwano bivugwa ko yabaye mu masaha ya nijoro mu ijoro ryo ku wa kabiri, tariki ya 16 Ukuboza k’uyu mwaka wa 2025, aho aba bombi ngo bahuriye mu gace karimo akabari kazwi cyane, ibintu bikaza gufata indi ntera mu buryo butunguranye.
Amakuru atandukanye avuga ko intandaro yβiyi mirwano yaba yaraturutse ku magambo akakaye hagati yβaba bakinnyi bombi, bikekwa ko yashingiye ku mpaka zari zisanzwe zibari hagati yabo, yaba izo mu kibuga cyangwa izo hanze yacyo. Abari hafi aho bavuga ko amagambo yahise ahinduka gusunikana no gukubitana, bituma abaturage nβabashinzwe umutekano bihutira kubatandukanya.
Nubwo amakuru ataremezwa nβinzego zibishinzwe, bamwe mu babibonye bavuga ko nta wakomeretse bikabije, ariko byasize isura mbi ku izina ryβaba bakinnyi bombi, bazwi cyane kandi bafatwa nkβintangarugero ku bakunzi bβumupira wβamaguru ku Isi hose. Ibi byongeye kongera impaka ku myitwarire yβabakinnyi bakomeye iyo bari hanze yβikibuga.
Kugeza ubu, Coutinho cyangwa Memphis Depay nta nβumwe uratangaza ku mugaragaro icyo yabivugaho, ariko abakunzi babo basaba ko hagira ibisobanuro bisobanutse bitangwa, ndetse nβingaruka zaba ziteganyijwe gufatwa, mu rwego rwo kurinda icyubahiro cyβumupira wβamaguru nβabawukina.















