Myugariro w’ikipe ya Tottenham Hotspur, Cristian “Cuti” Romero, yatangaje ko afite inzozi zo gukina muri shampiyona y’igihugu cya Espagne (La Liga), kugira ngo yuzuza intego yihaye yo kuba yarakinnye muri shampiyona zikomeye zose ku isi mu rugendo rwe nk’umukinnyi wabigize umwuga.
Mu kiganiro yagiranye na Los Edul, Romero yagize ati: “Shampiyona nshaka gukinamo ni Espagne kugira ngo nzabe narakinnye muri shampiyona zose zikomeye ku isi mu mwuga wanjye.”
Yongeyeho ati:
“Intego yanjye ni ugushaka ahandi hashya nshobora gukomeza kwiteza imbere. Turi muri 1/2 cya Europa League, ndashaka kurangiza neza uyu mwaka ndi muri Spurs. Nyuma yaho, tuzareba ibizaba.”
Uyu mukinnyi w’imyaka 26 y’amavuko ukomoka muri Argentine amaze imyaka itatu akinira Tottenham, aho yayigezemo avuye mu ikipe ya Atalanta yo mu Butaliyani.
Mbere yaho, Romero yakiniye Juventus na Genoa mu Butaliyani, anakinira Real Club Deportivo Mallorca nk’intizanyo mu ntangiriro z’umwuga ubwo yari agitangira umwuga we wo gukina ruhago nkuwabigize umwuga.
Kuba ashaka gukina muri Espagne bishobora gufungura inzira yo kwinjira muri shampiyona izwiho gukinwamo n’amakipe akomeye nka Real Madrid, FC Barcelona, Atlético Madrid n’izindi zifite amateka akomeye ku rwego mpuzamahanga.
Uretse kuba ashaka guhindura ikipe, Romero avuga ko yifuza gukomeza gutera imbere mu mwuga we no kugera ku rwego rwo hejuru kurushaho.
Romero ni umwe mu bingenzi z’ikipe y’igihugu ya Argentine, aho yafatanyije na Lionel Messi n’abandi begukana igikombe cy’isi mu 2022.
Ubu ari mu bakinnyi bafatiwe runini muri Tottenham, ariko amajwi ye yerekana ko hashobora kuba impinduka mu mpeshyi itaha.
Kugeza ubu, Spurs bari mu rugamba rwo gushaka gutwara igikombe cya Europa League, aho bigeze muri kimwe cya kabiri (1/2). Romero avuga ko yifuza kurangiza uyu mwaka ari ku rwego rwo hejuru, mbere yo gufata icyemezo ku hazaza he.
