• Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us
Kasuku Media
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
Kasuku Media
No Result
View All Result
Home Amakuru

DRC yashinje M23 kwica abarenga ibihumbi bibiri(2000) i Goma

Prince Mutabazi by Prince Mutabazi
February 4, 2025
in Amakuru
0
DRC yashinje M23 kwica abarenga ibihumbi bibiri(2000) i Goma
0
SHARES
1
VIEWS
WhatsAppShare on FacebookShare on Twitter
ADVERTISEMENT

Minisitiri w’Itumanaho akaba n’umuvugizi wa Leta ya Congo-Kinshasa, Patrick Muyaya, yatangaje ko mu mujyi wa Goma hari mirambo irenga 2,000 ikeneye gushyingurwa.

Mu kiganiro n’abanyamakuru mu ijoro ryo ku wa mbere cyaciye kuri televiziyo y’Igihugu, Patrick Muyaya yavuze ko ubwicanyi bwakorewe abo bantu bwakozwe n’ingabo z’u Rwanda (RDF), avuga ko u Rwanda rwohereje abasirikare bagera ku 10,000 binjiye i Goma.

Muyaya nta kimenyetso yatanze gishimangira ibyo avuga. Mbere, Leta ya Kinshasa yagiye ishinja abarwanyi ba M23 ivuga ko bafashwa n’u Rwanda mu bwicanyi bwibasiye abasivile, cyane cyane mu duce nka Kishishe.

Ibyo M23 yahakanye kenshi, ivuga ko ari ibirego bidafite ishingiro bigamije kuyiharabika.

Uruhande rw’u Rwanda na M23 ntacyo baravuga kuri ibi birego bishya bya Congo-Kinshasa, bije nyuma y’uko umutwe wa M23 wafashe umujyi wa Goma mu cyumweru gishize.

Iyi ntambara yongeye gukaza umurego, aho M23 imaze iminsi igaba ibitero bikomeye ku ngabo za Leta (FARDC), igafata ibice byinshi byo mu Burasirazuba bwa Congo.

Abasesenguzi b’imitwe y’inyeshyamba bavuga ko ibi birego bishobora kongera umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Congo, bikaba byatuma intambara irushaho gukomera.

Leta ya Kinshasa isaba umuryango mpuzamahanga kugira icyo ukora ngo u Rwanda ruhagarike gutera inkunga M23, mu gihe u Rwanda rwo ruvuga ko ari ibirego bya politiki bigamije gusiga isura mbi ubutegetsi bw’u Rwanda.

Mu gihe hakomeje intambara mu Burasirazuba bwa DRC, abaturage bo muri Goma n’ahandi bagizweho ingaruka n’imirwano baratabaza, basaba amahanga gutabara. Bamwe mu batuye Goma bavuga ko imibereho y’abo yarushijeho gukomera nyuma y’uko M23 ifashe uyu mujyi, gusa abazi ukuru bari mu mujyi wa Goma bo babisobanura bagira bati: “Ibyo Leta ya DRC ivuga irabeshya ahubwo umujyi nyuma yo gufatwa na M23 yawufata uratekanye.”

Ku rundi ruhande, umuryango w’Abibumbye (ONU) n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu bakomeje gutanga impuruza ku bwicanyi bwibasira abasivile muri Kivu y’Amajyaruguru, basaba impande zose guhagarika imirwano no gukemura amakimbirane mu nzira ya dipolomasi.

Minisitiri w’Itumanaho akaba n’umuvugizi wa Leta ya Congo-Kinshasa, Patrick Muyaya, yatangaje ko mu mujyi wa Goma hari mirambo irenga 2,000 ikeneye gushyingurwa.

 

 

ADVERTISEMENT
Previous Post

Cristiano Ronaldo ati: “Ndi umukinnyi mwiza kurusha abandi bose mu mateka y’umupira w’amaguru”

Next Post

Zari Hassan yagaragaje ko adahabwa agaciro k’urukundo n’umugabo we Shakib Cham

Prince Mutabazi

Prince Mutabazi

Next Post
Zari Hassan yagaragaje ko adahabwa agaciro k’urukundo n’umugabo we Shakib Cham

Zari Hassan yagaragaje ko adahabwa agaciro k'urukundo n'umugabo we Shakib Cham

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IFOTO Y’UMUNSI



  • Trending
  • Comments
  • Latest
“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

April 17, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

March 22, 2025
Blandine Uwajeneza: Umukobwa wambara inkweto ndende zo ku rubyiniro agakiza ubuzima bwa bantu mu bitaro

Blandine Uwajeneza: Umukobwa wambara inkweto ndende zo ku rubyiniro agakiza ubuzima bwa bantu mu bitaro

June 10, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Zihagaritse Gutunganya Bimwe mu Bisaba Green Card

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Zihagaritse Gutunganya Bimwe mu Bisaba Green Card

March 27, 2025
Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

9
Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

4
Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

3
Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

2
Imbwa zirwaniye igufwa, Gitumba ihinduka ituro ry’imirambo

Imbwa zirwaniye igufwa, Gitumba ihinduka ituro ry’imirambo

June 30, 2025
Indege ya PAMU yahushije Kiziba, igwa Gishigo

Indege ya PAMU yahushije Kiziba, igwa Gishigo

June 30, 2025
Ruhago mu Rwanda: Amateka kuva mu myaka ya za 1930 kugeza ubu

Ruhago mu Rwanda: Amateka kuva mu myaka ya za 1930 kugeza ubu

June 27, 2025
Ivan Perisić yirengagije amahirwe, asinyira PSV Eindhoven

Ivan Perisić yirengagije amahirwe, asinyira PSV Eindhoven

June 27, 2025

Recent News

Imbwa zirwaniye igufwa, Gitumba ihinduka ituro ry’imirambo

Imbwa zirwaniye igufwa, Gitumba ihinduka ituro ry’imirambo

June 30, 2025
Indege ya PAMU yahushije Kiziba, igwa Gishigo

Indege ya PAMU yahushije Kiziba, igwa Gishigo

June 30, 2025
Ruhago mu Rwanda: Amateka kuva mu myaka ya za 1930 kugeza ubu

Ruhago mu Rwanda: Amateka kuva mu myaka ya za 1930 kugeza ubu

June 27, 2025
Ivan Perisić yirengagije amahirwe, asinyira PSV Eindhoven

Ivan Perisić yirengagije amahirwe, asinyira PSV Eindhoven

June 27, 2025
ADVERTISEMENT
Kasuku Media

Tubagezaho amakuru acukumbuye avugwa mu Rwanda, mu karere no mu mahanga mbere y'abandi!

Ibirimo

  • Amakuru
  • Ibindi
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Iyobokamana
  • Karabaye
  • Kasuku Breakfast
  • Politike
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Uncategorized
  • Urukundo
  • World

Amakuru Mashya

Imbwa zirwaniye igufwa, Gitumba ihinduka ituro ry’imirambo

Imbwa zirwaniye igufwa, Gitumba ihinduka ituro ry’imirambo

June 30, 2025
Indege ya PAMU yahushije Kiziba, igwa Gishigo

Indege ya PAMU yahushije Kiziba, igwa Gishigo

June 30, 2025
  • Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us

© 2024 KasukuMedia.com

No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection

© 2024 KasukuMedia.com