Ese ujya wibaza uko byagenda uretse kunywa amazi burundu mu buzima bwawe? Amazi ni soko yβubuzima, kandi kuyabura ni nko kwiyambura umutima wβubuzima bwawe. Umubiri wa muntu ugizwe nβamazi agera kuri 60%. None se, bigenda bite iyo ayo mazi atongerewe?
Amasaha 24 nta mazi umubiri utangira kukwereka ibimenyetso byihuse. Umunwa urumagara, uruhu rugatangira kumera nkβurwumusaza cyangwa umukecuru w’imyaka 70, ndetse amaraso agatangira kwiyongera mu bikomeye. Inyota iba nyinshi ku buryo utabasha no kurya neza.
Amasaha 48 nta mazi utangira kugira uburibwe bwβumutwe, isesemi no gucika intege bikiyongera. Imikorere yβimpyiko itangira kugabanuka, amaraso akazura uburozi kuko nta buryo bwo gusohora imyanda. Umuntu ashobora gutangira kumva imihangayiko idasanzwe muri we nβihungabana ryβubwonko.

Amasaha 72 nta mazi ubwonko butangira kugira ikibazo gikomeye. Umuntu atangira kurwara isereri, kutibuka neza no kutabona neza. Hari nβigihe atangira guhindura imico (gukabya uburakari cyangwa kumva asa nβuwatakaye). Umutima nawo utangira gukorera mu buryo budasanzwe kubera amaraso akomeye, bikaba byatera umuvuduko uri hejuru.
Nyuma yβiminsi 5β7 nta mazi umubiri uba utagifite ubushobozi bwo gukora neza nkuko bikwiye. Impyiko zirahagarara burundu, umutima ugatakaza imbaraga zo gukomeza gutera, nβubwonko bugashirirwa nβamaraso. Aha, ubuzima bushyirwa mu kaga gakomeye ku buryo gupfa biba biri hafi.
Hari abantu benshi bagiye bagerageza kubaho nta mazi, bamwe kubera ishyari cyangwa ukwizera kwabo guke, abandi kubera ubusharire bwβimibereho mibi. Mu butayu bwa Sahara, hari abasanzwe bagendera mu ngendo ndende kandi bari bukoreshe imbaraga z’umubiri mu nzira igihe babuze amazi, bakamara gusa iminsi mike bagapfa batageze aho bajyaga. Abahanga mu byβubuzima bo bavuga ko umubiri udashobora kurenza iminsi irindwi udafite amazi, naho utarya ukaba ushobora kumara ibyumweru bitatu cyangwa bine. Ibi byose bigaragaza neza ko amazi akomeye kurusha ibindi byose ku Isi.

Abagerageza kwiyiriza iminsi myinshi bazwi nkβabafatira βikigeragezo cyo kudaryaβ bo baba basabwa kunywa amazi buri gihe, kuko badashobora kubaho batanywa amazi. Hari abigeze kugerageza kubaho iminsi 7 nta mazi ntanibiryo, gusa nabo bagezeho barapfa ku munsi wa gatandatu.
Amazi atuma amaraso atembera neza, atuma imyanda isohoka mu mubiri biciye mu nkari, atuma uruhu rugira ubuzima, kandi agafasha imitsi nβuduce twose gukomeza gukora neza. Iyo urya ibiryo, amazi atuma ibryo bica munzira y’amara neza, agafasha imisemburo gukora akazi kayo. Iyo utayanywa, byose birahagarara.
Umugani wβAbanyarwanda wo ugira uti: βAmazi arashyuha ntazima.β Ibi bivuze ko amazi ari ikintu gihoraho kandi kidakwiye kwirengagizwa mu buzima bwa muntu.

Abahanga bavuga ko umuntu agomba kunywa hagati ya litiro ebyiri nβeshatu ku munsi. Ariko si ngombwa kuyanywa yose icyarimwe, ahubwo ni ukwiyigisha kuyanywa gahoro gahoro. Gukanguka mu gitondo, umubiri uba wumye cyane, ni byiza kunywa ikirahure cyβamazi mbere yβuko utangira gukora ikindi kintu. Mbere yo kurya, ikirahure cyβamazi gituma igogora rigenda neza. Mu gihe cyβubushyuhe bwinshi cyangwa mu gihe ukora imyitozo ngororamubiri, ni byiza kunywa andi mazi menshi kurenza asanzwe.
Mu bihugu byinshi byo ku Isi, hari abaturage babura amazi ahagije bitewe nuko biba bituriye ubutayu. Abaturiye muri ibyo bihugu baba mu kaga gakomeye ku buzima, kuko barwara indwara zikomeye nko kurwara impyiko, indwara zβuruhu nβindwara ziterwa no kubura isuku.
Amazi ni ubuzima, kuyabura ni nko kwiyambura icyizere cyose cyβahazaza. Niba ushaka kugira ubuzima bwiza, menya kunywa amazi neza, ugendere ku bipimo byiza kandi wirinde gukina nβubuzima bwawe. Nkβuko Amazi make atera inyota, ni nako amazi menshi atanga ubuzima.