Umukinnyi ukina mu kibuga hagati mu ikipe ya Arsenal uzwi cyane Eberechi Eze yamaze gukurwa mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu cy’Ubwongereza bagomba kwitabira imikino ya gicuti, nyuma yo kugira imvune mu mitsi yβakaguru (calf injury). Ibi byemejwe nβikipe ya Arsenal FC, aho uyu mukinnyi abarizwa muri iyi minsi.
Eze ntiyabashije gukina umukino wa nyuma ikipe ye yakinnye ejo hashize, bitewe nβiyo mvune yamubayeho mu myitozo. Abaganga bβikipe batangaje ko azongera gusuzumwa mu minsi iri hagati ya 6 na 7, kugira ngo hamenyekane uko ubuzima bwe buhagaze ndetse nβigihe azagarukira mu kibuga.
Ku ruhande rwβikipe yβu Bwongereza, umutoza mushya Thomas Tuchel yahise afata icyemezo cyo gushaka umusimbura. Uyu mutoza yahamagaye umukinnyi wβinyuma ku ruhande ukinira Newcastle United FC, ari we Harvey Barnes, kugira ngo aze gufasha icyuho cya Eberechi Eze muri iyo mikino ya gicuti iri imbere.
Izi mpinduka zabaye mu gihe ikipe yβu Bwongereza iri kwitegura gukomeza kugerageza abakinnyi bayo bashya no kubaka ikipe ikomeye izahangana mu marushanwa ari imbere. Kuba umukinnyi ukomeye nka Eberechi Eze avuyemo bishobora kugira ingaruka ku buryo ikipe yitwara, ariko na none biha amahirwe Barnes yo kwigaragaza no kwerekana ubushobozi bwe.
Abafana bategereje kureba niba Barnes azabyaza umusaruro aya mahirwe ahawe, mu gihe Eze we azaba ari kwibanda ku gukira neza kugira ngo agaruke mu kibuga afite imbaraga nshya.
















