Umufaransa Fabien Doubey, ukinira ikipe ya TotalEnergies, ni we wegukanye irushanwa Tour du Rwanda 2025, nyuma y’uko agace ka nyuma gahagaritswe katarangiye kubera imvura nyinshi yaguye mu Mujyi wa Kigali.
Iri siganwa ryari rigizwe nโuduce umunani, ariko habazwe ibihe byโuduce dutandatu kuko agace ka karindwi kabaye imfabusa. Impamvu nyamukuru yatumye gahagarikwa ni uko umuhanda wanyereye bikomeye, bigatuma abakinnyi batinya gukomeza gusiganwa. Abakinnyi bayoboye isiganwa ni bo basabye ko irushanwa rihagarara, ariko Doubey, wari wambaye umwambaro wโumuhondo, ni we wabaye uwa mbere mu gusaba ko habaho iyo ngamba yo guhagarika agace ka nyuma.

Ubuyobozi bwa Tour du Rwanda bwemeje ko aka gace kabaye imfabusa, bivuze ko umufaransa Fabien Doubey wari imbere nyuma yโagace ka gatandatu yahise atangazwa nkโumukinnyi wegukanye Tour du Rwanda 2025.
Doubey yari yitwaye neza mu duce twabanje, yihagararaho mu minsi itandatu yose yabariwe, ndetse akoresha ibihe byiza kurusha abandi bakinnyi bari bahanganye.
Mu gihe yari asigaje kwemeza intsinzi ye mu gace ka nyuma, imvura ikomeye yaguye i Kigali yangije amahirwe yโabakinnyi bashakaga kumutwara umwenda wโumuhondo.
Ikipe ye ya TotalEnergies yagaragaje imbaraga nyinshi muri iri rushanwa, ifasha uyu musore gukomeza kuyobora urutonde rusange.
Nubwo Tour du Rwanda 2025 irangiye mu buryo budasanzwe, Fabien Doubey azahora yibuka ko ari we wabaye umunyamahirwe wo gutwara iri siganwa rikomeye ku mugabane wa Afrika.
Uyu mwaka, Tour du Rwanda yagaragaje impano nshya ndetse irushaho gukurura ibihangange mu mukino wโamagare. Nubwo imvura yahagaritse isiganwa, abakunzi ba siporo yโamagare bakomeje kwishimira uburyo abakinnyi bagaragaje ubuhanga nโubushake bwo gutwara iri siganwa.
















