Ikipe ya Fiorentina yo mu Gihugu cy’u Butaliyani yamaze kwirukana umutoza wayo mukuru Stefano Pioli nyuma y’igihe kirekire nta ntsinzi n’imwe abonye muri shampiyona ya Serie A. Uyu mutoza wahoze atoza amakipe akomeye nka AC Milan ndetse na Al Nassr yo muri Arabia Saudite, yari amaze imikino 10 yikurikiranya adatsinda n’umukino n’umwe, ibintu byatumye ubuyobozi bw’iyi kipe butakaza icyizere mu buryo bwo guhanganira imyanya yo hejuru ku rutonde rwa shampiyona.
Nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bwa Fiorentina binyuze ku rubuga rwabo rwa X rwahoze ari Twitter, Pioli yahise yirukanwa ako kanya, mu rwego rwo gushaka impinduka nshya zizafasha ikipe kongera kwisuganya no kugarura icyizere mu bafana.
Iyi kipe imaze igihe idatsinda, ikaba iri mu myanya y’inyuma ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyoa ya Serie A, ibintu bitigeze bibaho mu mateka yayo.
Abafana benshi b’iyi kipe yo mu mujyi wa Florence bagaragaje umujinya n’agahinda, bavuga ko Pioli yagombaga kureka akazi hakiri kare kuko uburyo bw’imikinire ye bwari bwaracitse intege. Ubuyobozi bwa Fiorentina bwo buvuga ko umutoza mushya agiye gushyirwaho mu minsi mike iri imbere, kugira ngo azafashe ikipe kugarura icyizere n’intsinzi.
Pioli, wari umaze igihe kinini mu mwuga w’ubutoza, yibukirwa ku buryo yigeze kuyobora AC Milan mu bihe bikomeye, ariko iyi nshuro ntiyahiriwe na Fiorentina, aho abasesenguzi bavuga ko yabuze uburyo bwo guhuza abakinnyi no kubaka ikipe ifite icyerekezo.

			
							
							











							