Umuhanzikazi France Mpundu yagaragaje ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 atari intambara ya gisivile cyangwa ihohotera ridasanzwe riba mu muryango runaka, ahubwo ko yateguwe neza kandi igamije kurimbura Abatutsi. Yavuze ko iki ari ukuri kudakwiye kugorekwa na gato, kuko ari amateka yโukuri akwiye kuvugwa uko yakabaye.
Ibi yabigarutseho mu butumwa yanyujije ku rukuta rwe rwa Instagram kuri uyu wa 07 Mata 2025, ubwo u Rwanda nโAbanyarwanda bibukaga ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.
France Mpundu yibukije ko ingengabitekerezo ya Jenoside idakuraho aho abantu barira cyangwa bibuka gusa, ahubwo ikura iyo abantu bicecekeye, iyo batavuga ukuri, cyangwa se iyo bashyira imbere inyungu zabo bwite kurusha ukuri nโubutabera.
Yagize ati: โJenoside yakorewe Abatutsi si intambara yโamoko, si ihohotera ryo mu ngo, si ubwicanyi bwโimpanuka.
Yari gahunda ndende yateguwe kugira ngo Abatutsi barimburwe burundu. Dukwiye kuvuga ibi mu buryo butaziguye, kuko ni ukuri.โ
Yakomeje ashimangira ko Abanyarwanda batibuka Jenoside kugira ngo baheranwe nโagahinda cyangwa mu rwego rwo guhora, ahubwo bibuka kugira ngo barinde amateka yabo, barinde aho igihugu kigeze ubu, ndetse banarinde ko amateka mabi yasubira ukundi.
France Mpundu yasabye urubyiruko kwitabira ibiganiro nโibikorwa byo kwibuka, kuko aribo bafite inshingano yo gukomeza gusigasira amateka no kurinda ko ingengabitekerezo yโamacakubiri yazongera kugira ubuzima mu muryango nyarwanda.
Yabakanguriye kutajya impaka ku byaha byemejwe nโamateka nโubutabera, ahubwo ko bakwiye gusoma, kumva no kumenya uko Jenoside yateguwe nโingaruka zayo.
Yasoje asaba abantu bose, cyane cyane abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga, gukomeza kuba urumuri, bakarwanya urwango nโivangura iryo ari ryo ryose. Yagize ati: โDufite inshingano zo kwibuka, gusigasira amateka, no kurinda ejo hazaza hโu Rwanda. Twibuke twubaka.โ
















