Mu gitondo cyo kuri uyu wa 30 Ukwakira 2025, G Tuff, umwe mu banyarwenya bβimena mu Rwanda, yagaragaje ibyishimo bye bikomeye nyuma yo gusangira ifi na Wamipango uzwi cyane ku izina rya Kasuku, akaba n’umuyobozi mukuru wa Kasuku Media, mu kiganiro cyamubereye icya mbere mu mateka ye, doreko burya bwose basanzwe baziranye kuva mu buto bwabo.
Nkβuko G Tuff yabivuze, kuva yatangira kugaragara ku zindi channel mu biganiro bitandukanye, ntabwo yari asanzwe arya ifi mu gihe cyβikiganiro, ariko kuri iyi nshuro byose byari bitandukanye.
Yagize ati: βNagiye kenshi ku ma radio no ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye gutanga ibiganiro, ariko ni ubwa mbere ndiye ifi mu kiganiro. Kuri uyu munsi, nasanze urukundo nβicyubahiro bigaragarira mu buryo utunganyije ikiganiro, byatumye numva meze neza cyane.β
G Tuff usanzwe anarapa yavuze ko uburyo yakiriwe na Wamipango bwamushimishije, kuko atari ibintu bisanzwe mu itangazamakuru, aho akenshi abanyamakuru bareba gusa inkuru bashaka gutangaza, ariko ntibita ku buryo umushyitsi yumva yisanzuye yaba kubijyanye n’igifu.
Yongeyeho ko ubu bufatanye bushobora kuba intangiriro yβibiganiro bishya byβurwenya, doreko yivugiye ko utabura amagambo mu gihe wariye.
Ibyiyumvo bikomeye ku bafana, bamwe bavuga ko βifi yo kwa Wamipango itari ifi gusa, ahubwo yari isomo yatanze ku bakina umukino nk’iwo kwotsa agafi ntamafaranga bafite.β Wamipango nawe ntiyacitse intege, amusubiza mu buryo bwβurwenya agira ati: βNta muntu ukwiye gusohoka kwa Kasuku ashonje. G Tuff yari akwiriye gusogongera ku ifi yacu!β
Uyu munsi G Tuff yagaragarije Kasuku Media ko ibyo guha umushyitsi agaciro, kumwakira neza no kumwumvisha ko afite agaciro, bishobora gutuma habaho ubusabane. Yashimiye cyane Wamipango ku buryo yamwakiriye, asanga ari ikimenyetso cyβuko urukundo nβubusabane mu itangazamakuru bishobora guhindura uko abantu bumva ibiganiro, bikaba intangiriro yβamahirwe mashya ku mikorere nβubufatanye mu bijyanye nβimyidagaduro.


















