Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Gishari, mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko barembejwe nβubujura bukomeje kubibasira mu buryo buteye inkeke. Bavuga ko abajura batagitinya nβamanywa yβihangu, aho bishegeshe ubuzima bwβabaturage ndetse bakabambura ibyabo babonye byose. Abatuye muri uyu Murenge bavuga ko ubujura bwafashe indi ntera kuko bukorwa mu buryo butandukanye, aho bamwe batobora amazu nijoro abandi bakiba ku manywa, bityo bigatera abaturage gutakaza icyizere no kubaho mu bwoba buri gihe.
Umwe mu baturage witwa Nyirahabineza Alphonsine, utuye mu Kagari ka Karenge, yabwiye Kasuku Media ati: βAbajura bakomeje kudutera ubwoba rwose. Ntibagitinya na saa sita zβamanywa. Hari ubwo ugiye ku isoko ukagaruka ugasanga batoboye inzu, basahuye ibintu byose. Tugeze aho tutakiryama kuko buri joro turara tureba kugira tutibwa.β
Undi witwa Twizeyimana Jean Bosco we avuga ko ibikorwa byβubujura bikomeje gufata indi ntera, kuko hari nβaho abajura baza bafite intwaro gakondo nβimihoro.
Ati: βHari ubwo baza ari benshi, bakakubwira ngo dufungurire inzu tufate ibyo dushaka, ibi nibyo bintu bituma tutumva ko dutekanye.β
Abaturage basaba inzego zβumutekano kongera abanyerondo b’umwuga no gucunga cyane ahagaragara nkβamasoko, inzira zihuza utugari nβutundi ndetse no gushyiraho imirongo yβitumanaho ihuza abaturage nβabashinzwe umutekano kugira ngo bahite batabara igihe cyose habonetse ikibazo.
Umuyobozi wβUmurenge wa Gishari, yemeye ko koko ubujura bwiyongereye muri ako gace, ariko ashimangira ko hafashwe ingamba zo gukomeza ubufatanye hagati yβinzego zβibanze nβabaturage mu rwego rwo kuburwanya. Yagize ati: βTwashyizeho amarondo yβumutekano, kandi turi gukorana nβabaturage kugira ngo buri wese agire uruhare mu gukumira abajura. Turasaba abaturage gutanga amakuru hakiri kare kugira ngo abajura bafatwe.β
Abatuye Gishari bavuga ko bifuza ko inzego zβumutekano zajya zikorera ubugenzuzi bwa hato na hato, kuko ngo byatuma abajura batabona umwanya wo gukora ibikorwa byabo.
Nkβuko bimaze kugaragara mu bice bitandukanye byβigihugu, ubujura bworoheje bwahindutse ikibazo cyihutirwa, abaturage basaba ko hashyirwaho gahunda ihamye yo gukumira no gukurikirana ibyaha kugira ngo bongere bumve amahoro mu ngo zabo.
βUmutekano si ikintu cyβinyongera, ni ishingiro ryβubuzima bwacu,β nkβuko umwe mu baturage yabivuze, yongera ati: βIyo umuntu atinya kuryama cyangwa gusiga urugo rwe, ntibiba bikiri ubuzima busanzwe.β
















