• Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us
Kasuku Media
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
Kasuku Media
No Result
View All Result
Home Ibindi

Hagaragaye urubuga rushya rugiye guhangana na WhatsApp

Jack Dorsey, umwe mu bakomeye mu ikoranabuhanga, yongeye gutungurana benshi ubwo yagaragazaga ko Bitchat mu minsi iri mbere irashyirwa ahagaragara.

Prince Mutabazi by Prince Mutabazi
July 11, 2025
in Ibindi
0
Hagaragaye urubuga rushya rugiye guhangana na WhatsApp
0
SHARES
25
VIEWS
WhatsAppShare on FacebookShare on Twitter
ADVERTISEMENT

Jack Dorsey, umwe mu bantu b’ibikomerezwa mu ikoranabuhanga ndetse akaba ari no mu bashinze urubuga rwa Twitter (rwaje kwitwa X), yongeye gutungurana ashinga urundi rubuga rushya rwitwa BitChat. Uru rubuga rugamije gufasha abantu koherezanya ubutumwa mu buryo budasanzwe kuko rutagombera internet.

Ahubwo, rukoreshwa hifashishijwe ikoranabuhanga rya Bluetooth, ibintu bitari bimenyerewe mu zindi mbuga z’ubutumwa nka WhatsApp, Messenger, cyangwa Telegram.

BitChat yo izanye ibisubizo byihariye ku bantu batuye mu bice bigoye kugerwamo na murandasi, cyangwa mu gihe habaye ikibazo cy’itumanaho, nk’igihe cy’ibiza cyangwa intambara. Aha niho hagaragaza umwihariko w’iki gitekerezo cya Dorsey, gishobora guhindura isura y’itumanaho mu Isi.

Nk’uko byatangajwe n’abari inyuma y’iri koranabuhanga, BitChat izaba inizewe cyane mu bijyanye no kubika ibanga, kuko ubutumwa buzatambuka binyuze gusa mu nzira ya Bluetooth, bityo bikagabanya ibyago byo kwinjirirwa n’abahohotera amakuru.

Nubwo nta tariki nyir’izina iratangazwa y’igihe izatangirira gukoreshwa ku mugaragaro, hari icyizere ko mu mezi ari imbere izaba igeze ku masoko atandukanye, harimo n’aya Afurika.

Uyu mushinga mushya ugaragaza ko Jack Dorsey adateze guhagarika guhanga udushya, ndetse no mu gihe abandi bagihangayikishijwe n’uburyo bwo gutuma internet igera hose, we atekereza uburyo ubutumwa bwatambuka no mu gihe nta murongo uhari.

Ibi bishobora no kugabanya cyane ikiguzi cy’itumanaho, binarushaho korohereza abatuye ibice by’icyaro n’utundi turere tudafite internet ihamye.

Uru rubuga rushobora no kuzagira uruhare mu buzima bwa politiki, ubutabera, n’umutekano, cyane cyane mu bihugu aho internet ishobora guhagarikwa n’inzego za leta. BitChat uru rubuga ruri mu nzira yo kuba igikoresho gikomeye cy’ubwisanzure mu itumanaho.

Bitchat urubuga rushya rugiye guhangana na WhatsApp
Jack Dorsey, umwe mu bantu b’ibikomerezwa mu ikoranabuhanga ndetse akaba ari no mu bashinze urubuga rwa Twitter (rwaje kwitwa X), yongeye gutungurana benshi
ADVERTISEMENT
Previous Post

Noni Madueke agiye kwerekeza mu ikipe ya Arsenal ku kayabo kangana n’amafaranga £50M

Next Post

Arsène Wenger yahaye igisubizo gikomeye Jurgen Klopp wanenze igikombe cy’Isi cy’amakipe.

Prince Mutabazi

Prince Mutabazi

Next Post
Arsène Wenger yahaye igisubizo gikomeye Jurgen Klopp wanenze igikombe cy’Isi cy’amakipe.

Arsène Wenger yahaye igisubizo gikomeye Jurgen Klopp wanenze igikombe cy’Isi cy’amakipe.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IFOTO Y’UMUNSI



  • Trending
  • Comments
  • Latest
“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

April 17, 2025
Joško Gvardiol wa Manchester City yasubije Jurgen Klopp watutse irushanwa rya FIFA Club World Cup

Joško Gvardiol wa Manchester City yasubije Jurgen Klopp watutse irushanwa rya FIFA Club World Cup

July 1, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

March 22, 2025
Arsenal yatangiye ibiganiro byo gushaka Eberechi Eze

Arsenal yatangiye ibiganiro byo gushaka Eberechi Eze

June 30, 2025
Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

9
Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

4
Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

3
Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

2
U Rwanda ruri gutera intambwe mu ikoreshwa ry’ingufu za nucléaire

U Rwanda ruri gutera intambwe mu ikoreshwa ry’ingufu za nucléaire

March 14, 2026
Tchouaméni yahakanye ubutumwa bwamuvuzweho mu minsi yashize we n’umukunzi we

Tchouaméni yahakanye ubutumwa bwamuvuzweho mu minsi yashize we n’umukunzi we

March 14, 2026
Shaffy agiye gutaramira mu Mujyi wa Ottawa muri Canada

Shaffy agiye gutaramira mu Mujyi wa Ottawa muri Canada

March 14, 2026
Reece James yongereye amasezerano muri Chelsea kugeza mu 2032

Reece James yongereye amasezerano muri Chelsea kugeza mu 2032

March 14, 2026

Recent News

U Rwanda ruri gutera intambwe mu ikoreshwa ry’ingufu za nucléaire

U Rwanda ruri gutera intambwe mu ikoreshwa ry’ingufu za nucléaire

March 14, 2026
Tchouaméni yahakanye ubutumwa bwamuvuzweho mu minsi yashize we n’umukunzi we

Tchouaméni yahakanye ubutumwa bwamuvuzweho mu minsi yashize we n’umukunzi we

March 14, 2026
Shaffy agiye gutaramira mu Mujyi wa Ottawa muri Canada

Shaffy agiye gutaramira mu Mujyi wa Ottawa muri Canada

March 14, 2026
Reece James yongereye amasezerano muri Chelsea kugeza mu 2032

Reece James yongereye amasezerano muri Chelsea kugeza mu 2032

March 14, 2026
ADVERTISEMENT
Kasuku Media

Tubagezaho amakuru acukumbuye avugwa mu Rwanda, mu karere no mu mahanga mbere y'abandi!

Ibirimo

  • Amakuru
  • Ibindi
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Iyobokamana
  • Karabaye
  • Kasuku Breakfast
  • Politike
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Uncategorized
  • Urukundo
  • World

Amakuru Mashya

U Rwanda ruri gutera intambwe mu ikoreshwa ry’ingufu za nucléaire

U Rwanda ruri gutera intambwe mu ikoreshwa ry’ingufu za nucléaire

March 14, 2026
Tchouaméni yahakanye ubutumwa bwamuvuzweho mu minsi yashize we n’umukunzi we

Tchouaméni yahakanye ubutumwa bwamuvuzweho mu minsi yashize we n’umukunzi we

March 14, 2026
  • Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us

© 2024 KasukuMedia.com

No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection

© 2024 KasukuMedia.com