• Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us
Kasuku Media
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
Kasuku Media
No Result
View All Result
Home Imyidagaduro

Hamenyekanye impamvu ibyuma byapfiriye kuri Kirikou gusa, bigashinjwa abayobozi b’igitaramo

Prince Mutabazi by Prince Mutabazi
October 21, 2025
in Imyidagaduro
0
Hamenyekanye impamvu ibyuma byapfiriye kuri Kirikou gusa, bigashinjwa abayobozi b’igitaramo
0
SHARES
12
VIEWS
WhatsAppShare on FacebookShare on Twitter
ADVERTISEMENT

Nyuma y’uko umuhanzi w’Umurundi Kirikou Akili ahuye n’ikibazo ibyuma bikamupfiraho ubwo yari ku rubyiniro mu gitaramo “Let’s Celebrate” cyabereye muri Mundi Center, byateje impaka n’amakimbirane ku mbuga nkoranyambaga hagati y’Abanyarwanda n’Abarundi. Abakunzi b’uyu muhanzi bo bavuze ko ibyo byabaye ari ubushake bw’Abanyarwanda, ibintu byahise bitera impaka n’amagambo akomeye.

Nyuma yo gucukumbura iby’iki kibazo, hamenyekanye nyirabayazana w’ibyo byose. Umuyobozi wa Kigali Protocol, Joshua, ari nawe wateguye iki gitaramo, yahakanye yivuye inyuma amakuru yavugaga ko ari bo bazimije ibyuma bya Kirikou ku bushake, ashimangira ko ari ibinyoma bidafite ishingiro.

Joshua yavuze ko mbere y’uko umunsi w’igitaramo ugera, Kirikou yari yamusabye kumushakira umuntu uzamucurangira (DJ). Niko byagenze kuko yamuhuje na DJ Drizzy, ariko ngo bageze mu Rwanda ntibabasha guhura ngo basezerane neza uko bizakorwa.

Amaze kubona ko batabashije guhura, Joshua yahisemo kumuha DJ Brianne kugira ngo abe ari we uzamucurangira, ariko Kirikou ntiyigeze amwoherereza indirimbo yagombaga gukoreshwa ku rubyiniro.

Nyuma yaho, byaje kumenyekana ko Kirikou yavuganye n’aba-DJ b’Abanyarwanda bakomoka i Burundi ariko bari bamaze iminsi mu Rwanda, bamwizeza ko bazamucurangira neza. Kirikou yahise abemerera, ndetse ku munsi w’igitaramo ari nabo baje ku rubyiniro bitwaje ibyuma byabo bwite.

Icyaje kubabaza benshi ni uko ubwo Kirikou yari agiye kujya ku rubyiniro, abo ba-DJ bahise bacomeka ibyuma byabo, ari nabyo byahise bipfa bitunguranye, Joshua yagize ati: “Kirikou ntabwo twari twamubujije gucuranga, ahubwo ni we wifuje kuzana aba-DJ be. Ibyuma byapfiriye kuri bo kuko bari bakoresheje ibikoresho byabo bwite batabanje kubihuza neza n’ibyari byateguwe.”

Yongeyeho ko ibyo abantu bakomeje kuvuga ko ari abayobozi b’igitaramo babimuzimirije ku bushake, nta shingiro na rimwe bifite, ahubwo ari amagambo y’abantu bashaka gusenya isura y’ibitaramo mpuzamahanga bikorerwa mu Rwanda.

Iki gitaramo “Let’s Celebrate” cyari cyahurije hamwe abahanzi batandukanye barimo Kirikou Akili, Ross kan, Bushali, Yampano, Gisa Cyinganzo, Davis D, Diez Dolla, Bwiza, n’abandi, cyabereye muri Mundi Center cyikitabirwa n’abantu benshi, nubwo icyo kibazo cy’ibyuma cyahungabanyije igitaramo mu minota mike.

Joshua yasabye abafana n’abakunzi b’umuziki kwirinda gukwirakwiza ibihuha, ashimangira ko ibibazo by’ikoranabuhanga nk’ibi bishobora kuba aho ari ho hose, kandi ko nta muntu n’umwe wari ufite umugambi wo kugirira nabi Kirikou Akili. Ati: “Dukunda umuziki n’ubuhanzi. Icyo dushaka ni ubufatanye, si ukwirengagiza cyangwa kwanga abahanzi bakomoka ahandi.”

Ubu byemejwe ko icyateye kuzima kw’ibyuma byakoreshejwe na Kirikou ari amakosa yo gucomeka ibikoresho hatabanje kugenzurwa neza, si ikimenyetso cy’ubushake cyangwa amacakubiri nk’uko bamwe babivugaga.

Hamenyekanye impamvu ibyuma byapfiriye kuri Kirikou gusa, bigashinjwa abayobozi b’igitaramo

 

ADVERTISEMENT
Previous Post

Rutsiro: Abacukuzi batatu barimo umwana w’imyaka 16 bagwiriwe n’ikirombe

Next Post

Manager Uhujimfura Jean Claude yashyizeho umucyo ku bivugwa ku mubano udasanzwe afitanye na Bwiza

Prince Mutabazi

Prince Mutabazi

Next Post
Manager Uhujimfura Jean Claude yashyizeho umucyo ku bivugwa ku mubano udasanzwe afitanye na Bwiza

Manager Uhujimfura Jean Claude yashyizeho umucyo ku bivugwa ku mubano udasanzwe afitanye na Bwiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IFOTO Y’UMUNSI



  • Trending
  • Comments
  • Latest
“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

April 17, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

March 22, 2025
Arsenal yatangiye ibiganiro byo gushaka Eberechi Eze

Arsenal yatangiye ibiganiro byo gushaka Eberechi Eze

June 30, 2025
Blandine Uwajeneza: Umukobwa wambara inkweto ndende zo ku rubyiniro agakiza ubuzima bwa bantu mu bitaro

Blandine Uwajeneza: Umukobwa wambara inkweto ndende zo ku rubyiniro agakiza ubuzima bwa bantu mu bitaro

June 10, 2025
Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

9
Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

4
Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

3
Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

2
Ariel Wayz na Juno Kizigenza batunguye abafana ubwo basomanaga ku rubyiniro muri BK Arena

Ariel Wayz na Juno Kizigenza batunguye abafana ubwo basomanaga ku rubyiniro muri BK Arena

December 6, 2025
Ancelotti yasobanuye uko Neymar ashobora gukina Mundial ya 2026

Ancelotti yasobanuye uko Neymar ashobora gukina Mundial ya 2026

December 6, 2025
Davido yageze i Kigali aho agiye kumurikira album nshya yise ‘5ive’

Davido yageze i Kigali aho agiye kumurikira album nshya yise ‘5ive’

December 5, 2025
Ikipe y’Abahungu n’Abakobwa b’u Rwanda yerekeje muri Uganda mu marushanwa ya CAF Schools U15

Ikipe y’Abahungu n’Abakobwa b’u Rwanda yerekeje muri Uganda mu marushanwa ya CAF Schools U15

December 4, 2025

Recent News

Ariel Wayz na Juno Kizigenza batunguye abafana ubwo basomanaga ku rubyiniro muri BK Arena

Ariel Wayz na Juno Kizigenza batunguye abafana ubwo basomanaga ku rubyiniro muri BK Arena

December 6, 2025
Ancelotti yasobanuye uko Neymar ashobora gukina Mundial ya 2026

Ancelotti yasobanuye uko Neymar ashobora gukina Mundial ya 2026

December 6, 2025
Davido yageze i Kigali aho agiye kumurikira album nshya yise ‘5ive’

Davido yageze i Kigali aho agiye kumurikira album nshya yise ‘5ive’

December 5, 2025
Ikipe y’Abahungu n’Abakobwa b’u Rwanda yerekeje muri Uganda mu marushanwa ya CAF Schools U15

Ikipe y’Abahungu n’Abakobwa b’u Rwanda yerekeje muri Uganda mu marushanwa ya CAF Schools U15

December 4, 2025
ADVERTISEMENT
Kasuku Media

Tubagezaho amakuru acukumbuye avugwa mu Rwanda, mu karere no mu mahanga mbere y'abandi!

Ibirimo

  • Amakuru
  • Ibindi
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Iyobokamana
  • Karabaye
  • Kasuku Breakfast
  • Politike
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Uncategorized
  • Urukundo
  • World

Amakuru Mashya

Ariel Wayz na Juno Kizigenza batunguye abafana ubwo basomanaga ku rubyiniro muri BK Arena

Ariel Wayz na Juno Kizigenza batunguye abafana ubwo basomanaga ku rubyiniro muri BK Arena

December 6, 2025
Ancelotti yasobanuye uko Neymar ashobora gukina Mundial ya 2026

Ancelotti yasobanuye uko Neymar ashobora gukina Mundial ya 2026

December 6, 2025
  • Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us

© 2024 KasukuMedia.com

No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection

© 2024 KasukuMedia.com