• Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us
Kasuku Media
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
Kasuku Media
No Result
View All Result
Home Karabaye

Hoteli Château Le Marara yasabitswe n’inkuru z’imyitwarire itanogeye abakiriya

Hoteli Château Le Marara, yabaye iciro ry’imigani ku mbuga nkoranyambaga aho bivugwa ko yatanze serivisi mbi mu bukwe bwa Uwera Bonnette na Hajj Shadadi Musemakweri, umukinnyi wa Gorilla FC.

Prince Mutabazi by Prince Mutabazi
July 16, 2025
in Karabaye
0
Hoteli Château Le Marara yasabitswe n’inkuru z’imyitwarire itanogeye abakiriya
0
SHARES
61
VIEWS
WhatsAppShare on FacebookShare on Twitter
ADVERTISEMENT

Hoteli Château Le Marara, imwe mu mahoteli azwi mu Rwanda, kuri ubu yabaye iciro ry’imigani ku mbuga nkoranyambaga no mu itangazamakuru nyuma y’aho bivugwa ko yatanze serivisi mbi mu bukwe bw’akataraboneka bwa Uwera Bonnette na Hajj Shadadi Musemakweri, umukinnyi wa Gorilla FC.

Ubukwe bwabereye mu mujyi wa Rubavu, ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu, ku wa 13 Nyakanga 2025. Iki gikorwa cyari cyitezweho k,witabirwa n’abantu b’ibyamamare mu nzego zitandukanye zirimo imyidagaduro ariko ibyabaye byarushije ibyo abantu bari biteze.

Abari bitabiriye ubukwe barimo Isimbi Model n’umugabo we w’umunyamahanga Shaul Hatzir, Miss Rwanda 2020 Nishimwe Naomie hamwe n’abavandimwe be bahuriye mu itsinda bise “Mäckenzies”, nyirasenge wa Bonnette witwa Jeanine Noach, ndetse n’abandi banyacyubahiro baturutse mu mahanga, bose bagaragaje akababaro no kutanyurwa n’uburyo hoteli yitwaye muri ibi birori byari byateguwe ku rwego rwo hejuru.

Bamwe mu batangabuhamya bagaragaje ko ibiryo byatinze kugezwa ku bashyitsi, bimwe bikabageraho bitaryoshye, amazi n’imitobe bibura ku meza, ndetse bamwe mu bakozi ba hoteli bagaragara nk’abadafite imyitwarire iboneye.

Hari n’abagaragaje ko ibikorwa by’ikoranabuhanga nka micro n’amajwi byagize ibibazo mu gihe cy’ijambo ry’abageni, bituma ibirori bigaragara nk’ibidasobanutse neza.

Abasesenguzi mu by’ubukerarugendo batangaje ko ibi bishobora kugabanya icyizere abakerarugendo n’abandi bifuza kuhakorera ibirori muri iyi hoteli Château Le Marara, bityo bikaba ari igihombo gikomeye mu isura yayo no mu bikorwa byayo by’iterambere.

Ubuyobozi bw’iyi hoteli ntiburagira icyo butangaza ku mugaragaro kubyo baregwa, ariko haracyategerejwe ijambo ryabo kugira ngo hamenyekane ukuri ku byavuzwe.

Abanyarwanda muri rusange ndetse n’abanyamahanga bakurikirana inkuru z’iyi hoteli barasaba ko hakorwa iperereza ryimbitse kugira ngo hamenyekane niba koko serivisi zatanzwe zidahwitse.

Umwe mu bagenzi waturutse muri Canada witabiriye ubukwe yagize ati: “Nari natekereje ko ubukwe bwa Bonnette na Hajj buzaba ari igitangaza, sinishimiye serivisi twahawe, byambabaje cyane.“

Iyi nkuru iri gutera impaka nyinshi, aho benshi bagaragaza ko ibigo byakira abantu bikwiye gushyira imbere serivisi inoze no kubaha abakiriya, cyane cyane mu bikorwa byihariye nk’ubukwe. Aho ibintu byapfubye ho, harimo no kuba bamwe mu bashyitsi basubiye iwabo batishimye.

Ikigaragara ni uko Château Le Marara igomba gukora ibishoboka byose mu gusana isura yayo no gusobanura ku mugaragaro uko ibintu byagenze. Bitabaye ibyo, hari impungenge ko izahomba bikomeye mu kwizerwa n’abakiriya ndetse n’abafatanyabikorwa mu rwego rw’ubukerarugendo.

Ubukwe bwa Uwera Bonnette na Hajj Shadadi Musemakweri, umukinnyi wa Gorilla FC.

Hoteli Château Le Marara yasabitswe n’inkuru z’imyitwarire itari myiza
Bamwe mu batangabuhamya bagaragaje ko ibiryo byatinze kugezwa ku bashyitsi
Abanyarwanda muri rusange ndetse n’abanyamahanga bakurikirana inkuru z’iyi hoteli barasaba ko hakorwa iperereza ryimbitse kugira ngo hamenyekane niba koko serivisi zatanzwe zidahwitse

ADVERTISEMENT
Previous Post

Ubutegetsi bw’i Kinshasa muri RDC bwemereye abanyeshuri batwite gukomeza kwiga

Next Post

Titi Brown atangaje uko se amerewe ubu: “Imana yaramukijije

Prince Mutabazi

Prince Mutabazi

Next Post
Titi Brown atangaje uko se amerewe ubu: “Imana yaramukijije

Titi Brown atangaje uko se amerewe ubu: “Imana yaramukijije

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IFOTO Y’UMUNSI



  • Trending
  • Comments
  • Latest
“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

April 17, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

March 22, 2025
Arsenal yatangiye ibiganiro byo gushaka Eberechi Eze

Arsenal yatangiye ibiganiro byo gushaka Eberechi Eze

June 30, 2025
Blandine Uwajeneza: Umukobwa wambara inkweto ndende zo ku rubyiniro agakiza ubuzima bwa bantu mu bitaro

Blandine Uwajeneza: Umukobwa wambara inkweto ndende zo ku rubyiniro agakiza ubuzima bwa bantu mu bitaro

June 10, 2025
Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

9
Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

4
Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

3
Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

2
Lupita Nyong’o yagaragaje ibikomere byamaze imyaka 11 mw’ ibanga: Yabaga afite ibibyimba 30 muri nyababyeyi!

Lupita Nyong’o yagaragaje ibikomere byamaze imyaka 11 mw’ ibanga: Yabaga afite ibibyimba 30 muri nyababyeyi!

July 16, 2025
Benjamin šeško yanze akayabo ka miliyoni z’Abarabu, ahitamo kwigumira i Burayi

Benjamin šeško yanze akayabo ka miliyoni z’Abarabu, ahitamo kwigumira i Burayi

July 16, 2025
Afrique ati “Kubeshywa no gukinirwa ku mubyimba ni ibintu binsenya.

Afrique ati “Kubeshywa no gukinirwa ku mubyimba ni ibintu binsenya.

July 16, 2025
Twari twirukanywe n’umunyamakuru, none turi ibyamamare: Inkuru itangaje ya Mugande na Mitsutsu!

Twari twirukanywe n’umunyamakuru, none turi ibyamamare: Inkuru itangaje ya Mugande na Mitsutsu!

July 16, 2025

Recent News

Lupita Nyong’o yagaragaje ibikomere byamaze imyaka 11 mw’ ibanga: Yabaga afite ibibyimba 30 muri nyababyeyi!

Lupita Nyong’o yagaragaje ibikomere byamaze imyaka 11 mw’ ibanga: Yabaga afite ibibyimba 30 muri nyababyeyi!

July 16, 2025
Benjamin šeško yanze akayabo ka miliyoni z’Abarabu, ahitamo kwigumira i Burayi

Benjamin šeško yanze akayabo ka miliyoni z’Abarabu, ahitamo kwigumira i Burayi

July 16, 2025
Afrique ati “Kubeshywa no gukinirwa ku mubyimba ni ibintu binsenya.

Afrique ati “Kubeshywa no gukinirwa ku mubyimba ni ibintu binsenya.

July 16, 2025
Twari twirukanywe n’umunyamakuru, none turi ibyamamare: Inkuru itangaje ya Mugande na Mitsutsu!

Twari twirukanywe n’umunyamakuru, none turi ibyamamare: Inkuru itangaje ya Mugande na Mitsutsu!

July 16, 2025
ADVERTISEMENT
Kasuku Media

Tubagezaho amakuru acukumbuye avugwa mu Rwanda, mu karere no mu mahanga mbere y'abandi!

Ibirimo

  • Amakuru
  • Ibindi
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Iyobokamana
  • Karabaye
  • Kasuku Breakfast
  • Politike
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Uncategorized
  • Urukundo
  • World

Amakuru Mashya

Lupita Nyong’o yagaragaje ibikomere byamaze imyaka 11 mw’ ibanga: Yabaga afite ibibyimba 30 muri nyababyeyi!

Lupita Nyong’o yagaragaje ibikomere byamaze imyaka 11 mw’ ibanga: Yabaga afite ibibyimba 30 muri nyababyeyi!

July 16, 2025
Benjamin šeško yanze akayabo ka miliyoni z’Abarabu, ahitamo kwigumira i Burayi

Benjamin šeško yanze akayabo ka miliyoni z’Abarabu, ahitamo kwigumira i Burayi

July 16, 2025
  • Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us

© 2024 KasukuMedia.com

No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection

© 2024 KasukuMedia.com