Hashize imyaka irenga 10 ababyinnyi Wade Robson na James Safechuck batangaje ko Michael Jackson yabasambanyije bakiri abana. Ibi byahinduye ubuzima bwabo, aho bavuga ko bahuye nโibibazo bikomeye birimo n’iterabwoba bashyizweho n’abafana bโuyu muhanzi wari ukunzwe n’abatari bake ndetse nโumuryango we wamaganira kure ibi birego.
Wade Robson na James Safechuck, bagaragaye bwa mbere mu 2019 muri filime mbarankuru Leaving Neverland, bagarutse muri filime nshya Leaving Neverland 2: Surviving Michael Jackson.

Muri iyi filime, bongeye kuvuga ku byo bemeza ko bakorewe na Michael Jackson bakiri abana, ndetse banagaruka ku ngaruka zabyo mu buzima bwabo nk’uko inkuru dukesha ikinyamakuru People ibivuga.
Aba bagabo bombi batangaje ko nyuma yo gutangaza ibyo bashinja Michael Jackson, bahuye nโingaruka zikomeye zirimo ugutotezwa, guhura nโibitutsi bikomeye ku mbuga nkoranyambaga, ndetse nโibitero bikomeye byโabafana ba Michael Jackson batemera ibyo bavuga. Bagaragaza ko byabateye ihungabana rikomeye ndetse bikagira ingaruka ku miryango yabo.
Mu mwaka wa 2023, urukiko rwategetse ko urubanza rwabo rushobora gukomeza, nyuma yo gusanga hari impamvu zifatika zo kongera kurwigaho.

ย Ibi byatumye aba bagabo barushaho kugira icyizere cyo kubona ubutabera, nubwo abafana ba Michael Jackson nโumuryango we bakomeje kuvuga ko ibyo bashinja uyu muhanzi ari ibinyoma bidafite ishingiro.
Uruhande rushyigikiye Michael Jackson rukomeza kuvuga ko ibi birego ari uburyo bwo gushaka indonke, cyane ko Jackson yagiye atsinda ibirego nkโibi mu gihe yari akiriho.
Hari nโabemeza ko aba bagabo bari gushaka gukomeza kwinjiza amafaranga binyuze muri izi filime mbarankuru.
Ku rundi ruhande, abaharanira uburenganzira bwโabahohotewe baravuga ko iki ari igihe cyiza cyo kongera kwibaza ku myitwarire yโibyamamare nโingaruka zโibikorwa byabo ku bakiri bato.
Ibi bikaba byatuma hafatwa ingamba zo gukumira ihohoterwa rikorerwa abana mu muziki nโimyidagaduro.
Nubwo Michael Jackson yitabye Imana mu 2009, ibirego nkโibi bikomeje kumugarukaho, bikaba bikomeje gutuma igikundiro cye ku isi gishidikanywaho, cyane cyane nโabakurikiranira hafi ibirego byโihohoterwa rishingiye ku gitsina.
















