
Ibitero byโindege za gisirikare za Isiraheli byongeye kubyutsa amarira n’imiborogo muri Gaza, aho byahitanye byibura abantu 62 nkโuko byatangajwe nโinzego zโubutabazi. Ibi bibaye mu gihe impuzamiryango nโibigo byita ku burenganzira bwa muntu bikomeje gutera hejuru, biburira ko abaturage bโaka gace bashobora guhura nโinzara ikabije.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Serivisi zโigihugu zโubutabazi (Civil Defence) muri Gaza, ryemeje ko ibi bitero byagabwe ahantu hatandukanye muri Gaza byahitanye abantu barimo abagore nโabana, abandi benshi bagakomereka bikomeye.
“Abaturage basaga 62 bamaze kwemezwa ko bapfuye, abamaze kubarurwa bagakomereka nabo ni benshi. Ibikorwa byo gutabara biracyakomeje, ariko bigoye cyane kubera ibisasu bikomeje kugwa ku mihanda no ku nzu zโabaturage,”
niko umuvugizi wa Civil Defence yabitangaje.
Inzara ikomeje kwiyongera
Ibikorwa by’ibitero bya Isiraheli bijyanye no gukaza igitutu ku mutwe wa Hamas uvuga ko uri ku isonga mu guhangana nโingabo za Isiraheli. Ibi bikorwa bikomeje kugerwaho n’ingaruka zikomeye zifata abasivili batagira aho babogamiye, aho ababarirwa mu bihumbi basigaye badafite aho bahungira, ibiribwa ndetse n’ubuvuzi bikaba bikomeje kugera ku rwego rwo hasi cyane.
Amashyirahamwe nka ONU, Croix-Rouge Mpuzamahanga nโabandi bafatanyabikorwa, bakomeje kugaragaza impungenge zโuko ibitero bikomeje gukurikirana umunsi ku wundi bishobora gushyira abaturage mu nzara yโindengakamere ndetse no mu bwicanyi bushobora gufatwa nkโibyaha byโintambara.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na OCHA, ishami rya ONU rishinzwe ubutabazi, ryagaragaje ko abaturage barenga miliyoni 2 bari mu kaga ko kubura amafunguro nโamazi meza, mu gihe ibikorwa byo kugeza imfashanyo byamaze guhagarara burundu kubera umutekano muke.
“Iyo ubuzima bwโabaturage bufatiwe mu nzira zโamasasu, ibiribwa ntibiboneka, imiti ntigera ku barwayi, ibi biganisha ku cyorezo cyโinzara gikomeye,”
niko Umuyobozi wa OCHA muri Gaza, Madame Lina Mansour, yabitangaje.
Isiraheli iracyahangana na Hamas
Isiraheli yavuze ko igamije kurandura ibikorwa bya Hamas nโindi mitwe ifitanye isano na yo, ivuga ko ari yo ibitse intwaro nโibikoresho bihungabanya umutekano wโigihugu cyabo. Minisiteri yโingabo ya Isiraheli yavuze ko ibitero byโindege zagabwe byari bigamije gusenya ibirindiro bya Hamas, aho byavugwaga ko haba hari inzu nโinzibutso bikorerwamo igenamigambi ryโibitero.
Nubwo Isiraheli igaragaza ko iri kwirinda iterabwoba, amahanga arimo Umuryango wโAbibumbye ndetse nโibihugu bikomeye nkโu Bufaransa nโu Budage, bikomeje gusaba ko ibitero bihagarara, hagashyirwa imbere ibiganiro bigamije guhagarika iyi ntambara ikomeje kuzambya ibintu.
Ibihumbi byโimpunzi mu muhanda
Ibi bitero bikomeje gutuma abaturage bโabasivili bava mu byabo, aho imihanda yugarijwe nโibihumbi byโabantu batorongoye imiryango yabo bashaka ubuhungiro ahandi. Amasoko yose muri Gaza yaramaze gufunga, ibikorwa byโubucuruzi nโibindi byose bikaba byarahagaze, ibintu bigaragaza ko Gaza igiye kwinjira mu bihe bikomeye kurusha ibindi mu mateka yayo.
“Turimo kugerageza gukiza amagara yacu, ariko nta hantu dusigaje ho guhungira, buri wese ari mu muhanda, abana, abagore, abarwayi… Ibi ni ibihe bikomeye cyane,”
nkโuko byavuzwe na Mohammed Al Kassim, umwe mu baturage bo mu majyaruguru ya Gaza.
Inzibacyuho zโimfashanyo zarahagaritswe
Mu gihe ibitero byari byariyongereye mu mpera zโicyumweru, inzira nyamukuru za Rafah na Kerem Shalom zasubiye gufungwa nyuma yo kuba zari zafunguwe byโagateganyo mu mpera zโicyumweru gishize. Ibi bikomeje guteza impungenge ko abaturage basigaye bugarijwe nโamapfa nโindwara.
“Isiraheli niyo yonyine ifite imfunguzo zโinzira zose, igihe izo nzira ziba zifunze, abaturage ntibabona ubufasha,”
nkโuko byagaragajwe na Croix-Rouge Mpuzamahanga mu itangazo ryabo.
Kugeza ubu, ingabo za Isiraheli zavuze ko zigikomeje ibikorwa byo guhashya Hamas, ntizagaragaza ubushake bwo guhagarika ibitero cyangwa kwemera icyifuzo cyโamahanga cyo gusinya amasezerano yo guhagarika imirwano.