• Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us
Kasuku Media Shop
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Karabaye
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • Love Connection
No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Karabaye
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • Love Connection
No Result
View All Result
Kasuku Media Shop
No Result
View All Result
ADVERTISEMENT
Home Iyobokamana

Impamvu Papa wa mbere w’umunyamerika yahisemo kwitwa Leo wa XIV.

Robert Francis Prevost yakoze amateka ubwo yatorwaga nk’Umushumba wa Kiliziya Gaturika, izina rye rishya rikaba ritanga ubutumwa bw’ubumwe, impuhwe n’ubutabera bw’imibereho.

PRINCE WAZIEL by PRINCE WAZIEL
May 10, 2025
in Iyobokamana
0
Impamvu Papa wa mbere w’umunyamerika yahisemo kwitwa Leo wa XIV.
0
SHARES
5
VIEWS
WhatsAppShare on FacebookShare on Twitter
ADVERTISEMENT
Impamvu Papa wa mbere w’Umunyamerika yahisemo kwitwa Leo wa XIV

Ubwo Robert Francis Prevost w’imyaka 69, ukomoka i Chicago, yatangazwaga nk’uwatorewe kuba Papa mushya, amateka yari akoze. Ku nshuro ya mbere mu mateka, Umunyamerika ni we uyoboye Kiliziya Gaturika ku isi.

Ariko icyatangaje benshi si uko ari Umunyamerika, ahubwo ni izina yahisemo kwitirira Papa Leo wa XIV ari na ryo ryahaye iyi papacy umurongo n’icyerekezo. Nk’uko bamwe babivuga, iri zina si uko ari umuco gusa, ahubwo ririmo ubutumwa.

Gukora Amateka

Mu minsi yari ishize, isi yose yari ibereye maso, amaso yose areba ku bacunga umwotsi hejuru ya Vatikani. Abatari bake bari bafite amatsiko menshi, ndetse n’agahinda, mu gihe Kiliziya Gaturika yiteguraga gutangaza umuyobozi wayo mushya. Ku itariki ya 8 Gicurasi, nibwo byabaye—umwotsi w’umweru waturutse muri Chapelle ya Sistine, bisobanura ko Papa mushya yari amaze gutorwa.

Nyuma y’akanya gato, abantu bari bateraniye ku rubuga rwa Bazilika ya Mutagatifu Petero bacitse ururondogoro ubwo imiryango y’igitambaro cy’umutuku yasamurukaga, haje kugaragara Papa mushya. Ni ho hatangajwe ko Robert Prevost ari we watowe n’Inama y’abakaridinali 133, agahabwa izina rya Papa Leo wa XIV. Nubwo izina rye ryari ryaravuzwe mu banyamahirwe, Prevost ntabwo ari we wari uhabwa amahirwe menshi.

Hari abandi benshi bari bifuzwa n’abantu ariko ntibabashije kubona amajwi ahagije.

Imibanire na Trump

Abatuye isi benshi barimo gutinda ku kuba Papa Leo wa XIV akomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ibintu byishimirwa cyane n’Abanyamerika barenga miliyoni 50 b’Abagatolika.

Bamwe banavuga ko ashobora no kugabanya urumuri Perezida Donald Trump yari afite.

Ntibyatinze, Donald Trump ubwe yatanze igitekerezo kuri aya mateka, ayita “ishema rikomeye” ku gihugu cye.

Yifashishije urubuga rwe rwa Truth Social, yanditse ati: “Ndashimira Karidinali Robert Francis Prevost, wahawe izina rya Papa. Ni ishema rikomeye kubona Umunyamerika wa mbere abaye Papa. Ni ibyishimo bikomeye, kandi ni ishema ku gihugu cyacu. Ntegereje guhura na Papa Leo wa XIV. Icyo gihe kizaba icy’agaciro gakomeye!”

Mu gitondo cyo kuwa Kane, Trump yabwiye abanyamakuru ko yahawe telefoni n’abahagarariye Papa mushya.

Yagize ati: “Bamaze kumpamagara. Twavuganye, none turareba uko bizagenda.”

Niba aba bayobozi bombi bazagera ku bumvikane biracyari urujijo. Ariko muri Vatikani, Prevost afatwa nk’umukandida w’impuzandengo—uwumvikana hagati y’Abanyamerika b’aba konservatifu n’Abanyaburayi n’Abanyaziya batekereza ku buryo bugezweho. Mu Kiliziya itandukanye cyane ku bitekerezo, ashobora kuba ari we wari utemeranywaho na benshi.

Pope Leo wa XIV

Iyo bigeze ku bitekerezo no ku bya politiki, ntawabyirengagiza Papa ni umuntu wa politiki. Biteganyijwe ko Papa Leo wa XIV azakomeza umurongo wa Papa Francis mu kurengera impunzi n’abatagira kivurira.

Mu ijambo rye rya mbere, Papa Leo wa XIV yagize ati Kiliziya ye izahagarara ku ruhande rw’abababaye. Yanagaragaje ubushake bwo kwagura ubufatanye, atambutsa ubutumwa bw’ubwiyunge no kuganira ku rwego mpuzamahanga, anashishikariza abantu bo mu yandi madini ndetse n’abatari abakirisitu kugirana ubufatanye na Kiliziya.

Izina yahisemo, Leo wa XIV, rirasa n’irigaragaza ko yifuza kubaka umubano n’ubufatanye. Nubwo guhindura izina atari itegeko, abapapa bose mu myaka irenga 470 ishize barabikoze akenshi bahitamo izina ry’undi Papa wababayeho mbere, nk’uburyo bwo kumwubaha no gutanga icyerekezo bifuza guha Kiliziya.

Papa wa nyuma witwaga Leo yari Leo wa XIII, wayoboye kuva 1878 kugeza 1903. Uwo yari Umunyitali witwaga Gioacchino Vincenzo Raffaele Luigi Pecci, uzwiho kuba yarari umuntu w’inararibonye mu bitekerezo no mu nyigisho z’ubutabera bw’imibereho.

Leo wa XIII yasohoye inyandiko izwi cyane yitwa Rerum Novarum, ivuga ku burenganzira bw’abakozi: igaragaza uburenganzira ku mushahara ujyanye n’akazi, uburyo bwo gukora butekanye, no kwishyira hamwe mu mashyirahamwe y’abakozi. Icyo gihe kandi, iyo nyandiko yashyigikiye uburenganzira ku mutungo bwite n’ubucuruzi bwigenga, ariko yanga burundu ubusosiyalisiti n’ubukungu bwishyira bukizana burenze.

Leo wa XIII yiswe “Papa w’imibereho” cyangwa “Papa w’abakozi” kubera uruhare yagize mu ishingwa ry’inyigisho z’imibereho muri Kiliziya Gaturika.

Nk’uko Padiri Vito Crincoli yabibwiye televiziyo ya ABC News:

“Iyo turebye amateka, abitwa Leo bari abapapa b’inkorokoro. Leo wa XIII yakundaga abantu be. Abantu yabafataga nk’abantu, atari imashini. Akazi k’umuntu ni ishusho y’icyubahiro cye. Ntabwo turabimenya neza, ariko birashoboka ko izina Leo rifite igisobanuro gikomeye kuri we.”

Avuga Icyesipanyolo n’Igitaliyani neza

Mu buryo bwa politiki, Papa Leo wa XIV ashobora kwitwara nka Papa Francis mu kwita ku bakene n’abibasiwe. Uburyo yahisemo izina na bwo birabyerekana.

Gusa kandi, biragaragara ko afite imyumvire ya gikonservatifu by’umwihariko ku bijyanye n’uburenganzira bwa LGBTQ no ku ruhare rw’abagore muri Kiliziya. Yigeze no kugaragaza ko atemera burundu ishyingiranwa ry’ab’igitsina kimwe.

Papa Leo wa XIV yabaye Umwepiskopi wa Chiclayo muri Peru kuva 2015 kugeza 2023, ndetse yayoboye Ihuriro ry’Abatagatifu Augustin (Order of Saint Augustine) kuva 2001 kugeza 2013.

Avuga neza Icyongereza, Icyesipanyolo, n’Igitaliyani, kandi yigisha muri ayo ndimi uko ari atatu. Yavukiye kandi arererwa i Chicago, afite impamyabumenyi y’icyiciro cya mbere cya kaminuza yakuye muri Villanova University muri Pennsylvania aho yize Imibare, atari iyobokamana.

 

ADVERTISEMENT
Previous Post

Imirwano ikaze yasubukuriwe i Rugezi hagati ya Twirwaneho, M23 n’Ingabo za Leta ya Congo

Next Post

Tom Cruise ashimira uwahoze ari umugore we Nicole Kidman hagati mu ibihuha by’urukundo na Ana De Armas

PRINCE WAZIEL

PRINCE WAZIEL

Next Post
Tom Cruise ashimira uwahoze ari umugore we Nicole Kidman hagati mu ibihuha by’urukundo na Ana De Armas

Tom Cruise ashimira uwahoze ari umugore we Nicole Kidman hagati mu ibihuha by’urukundo na Ana De Armas

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IFOTO Y’UMUNSI



  • Trending
  • Comments
  • Latest
“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

April 17, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

March 22, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Zihagaritse Gutunganya Bimwe mu Bisaba Green Card

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Zihagaritse Gutunganya Bimwe mu Bisaba Green Card

March 27, 2025
Semuhungu Eric yirukanye General Benda muri Crue ye yaba Traffic Jam

Semuhungu Eric yirukanye General Benda muri Crue ye yaba Traffic Jam

January 31, 2025
Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

9
Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

3
Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

3
Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

2
FDNB ivuga ko yatsinze ibitero byinshi by’inyashyamba, nubwo nayo yagabweho ibitero bikomeye

FDNB ivuga ko yatsinze ibitero byinshi by’inyashyamba, nubwo nayo yagabweho ibitero bikomeye

May 10, 2025
Abaturage ba Kabembe muri Kaziba basabye Ingabo za FARDC n’abafatanyabikorwa bazo kurekera imirwano

Abaturage ba Kabembe muri Kaziba basabye Ingabo za FARDC n’abafatanyabikorwa bazo kurekera imirwano

May 10, 2025
Tom Cruise ashimira uwahoze ari umugore we Nicole Kidman hagati mu ibihuha by’urukundo na Ana De Armas

Tom Cruise ashimira uwahoze ari umugore we Nicole Kidman hagati mu ibihuha by’urukundo na Ana De Armas

May 10, 2025
Impamvu Papa wa mbere w’umunyamerika yahisemo kwitwa Leo wa XIV.

Impamvu Papa wa mbere w’umunyamerika yahisemo kwitwa Leo wa XIV.

May 10, 2025

Recent News

FDNB ivuga ko yatsinze ibitero byinshi by’inyashyamba, nubwo nayo yagabweho ibitero bikomeye

FDNB ivuga ko yatsinze ibitero byinshi by’inyashyamba, nubwo nayo yagabweho ibitero bikomeye

May 10, 2025
Abaturage ba Kabembe muri Kaziba basabye Ingabo za FARDC n’abafatanyabikorwa bazo kurekera imirwano

Abaturage ba Kabembe muri Kaziba basabye Ingabo za FARDC n’abafatanyabikorwa bazo kurekera imirwano

May 10, 2025
Tom Cruise ashimira uwahoze ari umugore we Nicole Kidman hagati mu ibihuha by’urukundo na Ana De Armas

Tom Cruise ashimira uwahoze ari umugore we Nicole Kidman hagati mu ibihuha by’urukundo na Ana De Armas

May 10, 2025
Impamvu Papa wa mbere w’umunyamerika yahisemo kwitwa Leo wa XIV.

Impamvu Papa wa mbere w’umunyamerika yahisemo kwitwa Leo wa XIV.

May 10, 2025
ADVERTISEMENT
Kasuku Media Shop

Tubagezaho amakuru acukumbuye avugwa mu Rwanda, mu karere no mu mahanga mbere y'abandi!

Ibirimo

  • Amakuru
  • Ibindi
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Iyobokamana
  • Karabaye
  • Kasuku Breakfast
  • Politike
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Uncategorized
  • Urukundo
  • World

Amakuru Mashya

FDNB ivuga ko yatsinze ibitero byinshi by’inyashyamba, nubwo nayo yagabweho ibitero bikomeye

FDNB ivuga ko yatsinze ibitero byinshi by’inyashyamba, nubwo nayo yagabweho ibitero bikomeye

May 10, 2025
Abaturage ba Kabembe muri Kaziba basabye Ingabo za FARDC n’abafatanyabikorwa bazo kurekera imirwano

Abaturage ba Kabembe muri Kaziba basabye Ingabo za FARDC n’abafatanyabikorwa bazo kurekera imirwano

May 10, 2025
  • Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us

© 2024 KasukuMedia.com

No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Karabaye
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • Love Connection

© 2024 KasukuMedia.com