
Nibura abantu 33 bamaze kwemezwa ko bapfuye nyuma yβimvura nyinshi yateje imyuzure i Kinshasa, umurwa mukuru wa DR Congo, nkβuko byatangajwe nβinzego zβubutegetsi mu gitondo cyo ku wa Mbere.
Minisitiri wβIntebe wungirije akaba na Minisitiri wβUbutegetsi bwβIgihugu nβUmutekano, Jacquemain Shabani, yavuze ko iyo mvura yaguye cyane kuva mu ijoro ryo ku wa Gatanu rishyira ku wa Gatandatu, yangije bikomeye uturere twinshi twβumujyi, isiga benshi bakomerekejwe ndetse inasenya amazu menshi.
Mu rwego rwo guhangana nβiyo ngaruka, guverinoma yashyizeho itsinda rishinzwe gucunga icyo kibazo ku bufatanye nβingabo zβigihugu, minisiteri zitandukanye hamwe nβubuyobozi bwβintara ya Kinshasa kugira ngo bafashe mu bikorwa byβubutabazi no kwimura abari mu kaga.
Iyo myuzure yahagaritse ibikorwa byinshi byβibanze mu mujyi, aho yibasiye imihanda minini, inateza ibura ryβamazi nβamashanyarazi ahantu henshi muri Kinshasa.
Minisiteri yβUbwikorezi yatangaje ko imihanda ijya cyangwa iva ku kibuga cyβindege mpuzamahanga cya Nβdjili yangiritse bikomeye, bituma hatangizwa ubwikorezi bwihariye bwo gutwara abantu bari bahatiritse.
Abahanga mu byβiteganyagihe baratangaza ko imvura nyinshi ikomeje kwitezwe mu minsi iri imbere, bikaba biteye impungenge zβindi myuzure ishobora kongera kwangiza byinshi muri uyu mujyi utuwe nβabantu miliyoni 17.
Igihe cyβimvura nyinshi muri DR Congo gikunze gutangira muri Ugushyingo kikageza muri Gicurasi.
















