Mu Minembwe, ahazwi nk’umurwa mukuru w’i Mulenge mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, indege ya PAMU yahakoreye impanuka ubwo yashakaga kwitura ku kibuga cy’indege cya Kiziba, ariko igahusha, ikagwa mu gace ka Gishigo.
Amakuru yatangajwe na Kasuku Media avuga ko iyo ndege yangiritse ku ibaba ryayo ry’iburyo, ariko nta muntu yishe. Umukozi umwe wayikoragaho ni we wakomeretse byoroheje.
Ubutumwa bwasohowe bugira buti: “Hari indege yarije kwitura ku kibuga cy’indege cya Kiziba, irahusha igwa hakurya ku w’i Gishigo.”
Bukomeza buti: “Iyi ndege yangiritse ku ibaba ryayo ry’iburyo, ariko nta muntu wayiguyemo, usibye umwe mu bakozi bayo wayikomerekeyemo, ariko bitari cyane.”
Iriya ndege ubu iri gukorwa kugira ngo ishobore gukomeza ibikorwa byayo.
Umwe mu baturage bo muri ako gace yabwiye Minembwe Capital News ko nubwo atazi ubwoko bw’iyo ndege, ayiziho ko ari iya PAMU, ishirahamwe rishinzwe ibiryo muri Loni (UN).
Ati: “Sinzi ubwoko bwayo, ariko si kajugujugu. Ni iya Pamu.”
Iyi mpanuka yabaye ku gicamunsi cyo ku cyumweru, tariki ya 29 Kamena 2025. Iyo ndege bivugwa ko yari ivuye i Bukavu izanye ibiryo ku baturage ba Minembwe bimuwe n’intambara zibasiye aka gace.
Hari amakuru avuga ko hari impungenge ko drone y’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) ishobora kugaba igitero kuri iyo ndege iri gukorwa, nk’uko byemezwa n’uwo muturage wagize ati: “Turatinya ko drone z’ingabo za RDC zayirasaho. Icyo nicyo kibazo giteye impungenge, kuko kwangirika kwayo ntikwari gukomeye cyane.
