Mu ijoro ryo ku wa Mbere rishyira kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 14 Mata 2025, abaturage bo mu Ntara ya Kivu yβAmajyepfo, byβumwihariko muri Teritwari ya Mwenga, babyutse basanga Inka zabo zirenga 70 zapfiriye rimwe mu buryo budasobanutse.
Izi nka zapfiriye mu duce twa Kilungutwe na Kilumba, muri Chefferie ya Lwindi. Nkβuko abahatuye babivuga, icyabishe ntikiramenyekana, ariko hari bakeka ko zishobora kuba zakubiswe nβinkuba nubwo bavuga ko nta mvura yaguye iryo joro, bigatuma bavuga ko iyo nkuba yaba yarazikubise bucece.
Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga agaragaza imirambo yβizi nka irambitse hasi, aho wabonaga ziryamye zegeranye cyane, ibintu bishimangira iby’inkuba nkβimwe mu mpamvu zishoboka.
Ubutumwa bwatanzwe na bamwe mu baturage baturiye agace byabereyemo bugira buti:
βInka ziri hejuru ya 70 zapfuye. Ntituramenya icyazishe, ariko zishobora kuba ari inkuba. Zaguye Kilungutwe na Kilumba.β
Aka gace gasanzwe gaturwa nβubwoko bwβAbabembe, buzwiho kutagira umuco wo korora inka. Ibi byatumye benshi bakeka ko izo nka ari izanyazwe mu bihe byashize, bivugwa ko zanyazwe ku baturage bβAbanyamulenge mu bikorwa byβinyeshyamba.
Raporo zitandukanye zagiye zigaragaza ko kuva mu 2017 kugeza mu 2020, imitwe yitwaje intwaro ya Mai-Mai ikomoka mu moko yβAbabembe, Abapfulero nβAbanyindu, banyaze inka zβAbanyamulenge zibarirwa mu bihumbi. Aho byagaragaraga cyane ni mu misozi ya Fizi, Uvira na Mwenga.
Bivugwa ko inyinshi muri izo nka zanyagiwe mu bice bya Fizi na Mwenga, aho Abanyamulenge bari barajyaga gusuhurira mbere yβintambara ndetse no muri iyo myaka yβihungabana.
















