• Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us
Kasuku Media
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
Kasuku Media
No Result
View All Result
Home Imyidagaduro

Inyunda Sankara, umuhanzi wavuye i Kalemi akaza kwisanga i Dakota akomeje kwandika amateka

Amazina ye nyakuri ni Damien Sankara, akomeje kwigaragaza nk’umwe mu bafite impano idasanzwe mu guhanga indirimbo zifite ubutumwa bwimbitse kandi buhishura ubuzima bw’abantu batandukanye.

Prince Mutabazi by Prince Mutabazi
October 5, 2025
in Imyidagaduro
0
Inyunda Sankara, umuhanzi wavuye i Kalemi akaza kwisanga i Dakota akomeje kwandika amateka
0
SHARES
127
VIEWS
WhatsAppShare on FacebookShare on Twitter
ADVERTISEMENT

Umuhanzi Inyunda Sankara amazina ye nyakuri ni Damien Sankara, akomeje kwigaragaza nk’umwe mu bafite impano idasanzwe mu guhanga indirimbo zifite ubutumwa bwimbitse kandi buhishura ubuzima bw’abantu batandukanye. Uyu muhanzi, mu buryo bwe busanzwe burimo gutebya no gusetsa, ubwo yaganiraga na Kasuku Media yagize ati: “N’ubwo hari ababona ko ndi kure, umutima wanjye uhorana n’abiwacu aho ndi ubu ndi kure yabo ariko umutima urikumwe nabo.”

Inyunda Sankara kugeza ubu abarizwa mu Burasirazuba bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu mugi wa Dakota Bismarck, aho akomeje gushyira imbere ubuhanzi bwe n’ubundi buryo bwo gukoresha impano ze mu gutanga ubutumwa bunoze, doreko aheruka no gushyira hanze indirimbo yise ‘Turaho’.

N’ubwo ari kure y’inkomoko ye, indirimbo ze zikomeza kubaka isoko ry’ihumure mu mitima y’abizera ko Abanyamulienge bazabona ijambo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu bisanzwe ibihangano bye by’indirimbo biba byiganjemo amateka ye n’ukuntu ubuzima bwagiye bumutoza kurushaho kugira indoto nziza. Umwihariko kuri we n’uko afatikanya ubahanzi no kuba mu ngabo z’igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Inyunda Sankara yavukiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu Ntara ya Tanganyika mu mugi wa Kalemi, nyuma aza gukurira i Minembwe. Kubera intambara zidakunda gucogora mu gace k’iwabo, we n’umuryango we baje kwimukira mu gihugu cy’u Burundi, mu mugi wa Bujumbura, ari naho ubuhanzi bwe bwo kuririmba bwatangiriye gukura no gusakara.

Uretse impano yo kuririmba, Inyunda Sankara avuga ko atekereza gukoresha ijwi rye nk’igikoresho cyo guhuza amahanga no gukomeza kwibutsa abantu iby’amahoro ndetse no kubibutsa ko umuziki ari ururimi rw’Isi yose rutagira imbibi. Indirimbo ze zishingiye ku buhamya, amateka n’ibibazo by’ubuzima bw’Abanyamulenge babaye kugeza ubu, ariko kandi zikagira umwihariko wo gutanga icyizere n’ihumure ku rubyiruko ndetse no ku bantu bose baba bari mu bihe bikomeye nkibyo.

Inyunda Sankara, umwihariko kuri we n’uko afatikanya ubahanzi no kuba mu ngabo z’igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Inyunda Sankara, umuhanzi wavuye i Kalemi akaza kwisanga i Dakota akomeje kwandika amateka

 

ADVERTISEMENT
Previous Post

Hagati y’ikipe ya Chelsea na Liverpool haraca uwambaye

Next Post

Gakenke: Imvura y’ivanzemo umuyaga mwinshi yasize yangije byinshi

Prince Mutabazi

Prince Mutabazi

Next Post
Gakenke: Imvura y’ivanzemo umuyaga mwinshi yasize yangije byinshi

Gakenke: Imvura y'ivanzemo umuyaga mwinshi yasize yangije byinshi

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IFOTO Y’UMUNSI



  • Trending
  • Comments
  • Latest
“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

April 17, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

March 22, 2025
Arsenal yatangiye ibiganiro byo gushaka Eberechi Eze

Arsenal yatangiye ibiganiro byo gushaka Eberechi Eze

June 30, 2025
Blandine Uwajeneza: Umukobwa wambara inkweto ndende zo ku rubyiniro agakiza ubuzima bwa bantu mu bitaro

Blandine Uwajeneza: Umukobwa wambara inkweto ndende zo ku rubyiniro agakiza ubuzima bwa bantu mu bitaro

June 10, 2025
Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

9
Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

4
Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

3
Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

2
Jurgen Klopp yavuze ko Florian Wirtz ari nk’impano y’ikinyejana mu mupira w’amaguru

Jurgen Klopp yavuze ko Florian Wirtz ari nk’impano y’ikinyejana mu mupira w’amaguru

October 12, 2025
Nyabihu: Umuturage arashinjwa uburozi, nyuma yo gusanganwa akanyamasyo kazima

Nyabihu: Umuturage arashinjwa uburozi, nyuma yo gusanganwa akanyamasyo kazima

October 11, 2025
Kicukiro: Umugabo yagaragaye munsi y’ikiraro cya Nyagafunzo yapfuye

Kicukiro: Umugabo yagaragaye munsi y’ikiraro cya Nyagafunzo yapfuye

October 11, 2025
Karolina Krzyzak yitabye Imana azize kunanuka gukabije

Karolina Krzyzak yitabye Imana azize kunanuka gukabije

October 11, 2025

Recent News

Jurgen Klopp yavuze ko Florian Wirtz ari nk’impano y’ikinyejana mu mupira w’amaguru

Jurgen Klopp yavuze ko Florian Wirtz ari nk’impano y’ikinyejana mu mupira w’amaguru

October 12, 2025
Nyabihu: Umuturage arashinjwa uburozi, nyuma yo gusanganwa akanyamasyo kazima

Nyabihu: Umuturage arashinjwa uburozi, nyuma yo gusanganwa akanyamasyo kazima

October 11, 2025
Kicukiro: Umugabo yagaragaye munsi y’ikiraro cya Nyagafunzo yapfuye

Kicukiro: Umugabo yagaragaye munsi y’ikiraro cya Nyagafunzo yapfuye

October 11, 2025
Karolina Krzyzak yitabye Imana azize kunanuka gukabije

Karolina Krzyzak yitabye Imana azize kunanuka gukabije

October 11, 2025
ADVERTISEMENT
Kasuku Media

Tubagezaho amakuru acukumbuye avugwa mu Rwanda, mu karere no mu mahanga mbere y'abandi!

Ibirimo

  • Amakuru
  • Ibindi
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Iyobokamana
  • Karabaye
  • Kasuku Breakfast
  • Politike
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Uncategorized
  • Urukundo
  • World

Amakuru Mashya

Jurgen Klopp yavuze ko Florian Wirtz ari nk’impano y’ikinyejana mu mupira w’amaguru

Jurgen Klopp yavuze ko Florian Wirtz ari nk’impano y’ikinyejana mu mupira w’amaguru

October 12, 2025
Nyabihu: Umuturage arashinjwa uburozi, nyuma yo gusanganwa akanyamasyo kazima

Nyabihu: Umuturage arashinjwa uburozi, nyuma yo gusanganwa akanyamasyo kazima

October 11, 2025
  • Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us

© 2024 KasukuMedia.com

No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection

© 2024 KasukuMedia.com