Umuririmbyi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine, yasabye abakunzi be kwitandukanya n’amakuru atangazwa n’abantu biyitirira amazina ye ku mbuga nkoranyambaga, abibutsa kuba maso no gushishoza mbere yo kuyemera. Ibi yabigarutseho nyuma y’igihe yari amaze acecetse, haba ku mbuga nkoranyambaga ndetse no mu ruhame.
Vestine, uzwi cyane mu itsinda rya “Vestine na Dorcas”, yari amaze igihe atagaragara mu bikorwa rusange, bituma havuka ibihuha byinshi ku buzima bwe bwite, cyane cyane nyuma y’uko kuri konti ye ya Instagram haciyeho ubutumwa bwasaga n’uca amarenga y’itandukana n’umugabo we. Ibi byatumye abakunzi be bagira amatsiko menshi, bategereza kumva ijambo rye rya mbere.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 22 Mutarama 2026, ni bwo Ishimwe Vestine yifashishije urukuta rwe rwa Instagram asaba abafana be kwirinda amakuru yose aturuka kuri konti zitizewe. Yaboneyeho kubamenyesha ko hari abantu benshi bakomeje kwiyitirira amazina ye, bakandika cyangwa bagatangaza amakuru atari yo, agamije kuyobya rubanda.
Yagize ati, “Ndabasaba kuba maso, mukamenya aho amakuru aturuka. Amakuru yanjye nyayo azajya anyura kuri konti zanjye zemewe.” Iri tangazo ryashimishije benshi mu bakunzi be, bashimye intambwe yatewe yo gusobanura no gukumira amakuru atari yo.
Vestine yijeje abakunzi be ko azakomeza kubagezaho amakuru yizewe mu gihe gikwiye, abasaba gukomeza kumushyigikira no kumusengera, nk’uko bisanzwe bimuranga mu rugendo rwe rwo kuramya no guhimbaza Imana.
















