Umuhanzi wβUmunyarwanda Israel Mbonyi yongeye kwerekana ubuhanga bwe mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, aho yegukanye igihembo cy’Umuhanzi mwiza mu ndirimbo zihimbaza Imana (Best Gospel Artist) mu bihembo bikomeye bya Trace Awards byatangiwe muri Zanzibar ku mugoroba wo ku wa Gatandatu.
Ibi bihembo bihabwa abahanzi bitwaye neza ku rwego mpuzamahanga, byitabiriwe n’ibyamamare mu muziki wa Afurika nβahandi ku Isi.
Ku wa 24 Gashyantare 2025, nibwo hatangajwe abatsinze mu byiciro bitandukanye, Israel Mbonyi aba umwe mu begukanye ibi bihembo bikomeye.

Israel Mbonyi ni umwe mu bahanzi Nyarwanda bagezweho mu muziki wa Gospel, aho amaze kugira igikundiro gikomeye mu Rwanda no mu mahanga.
Yamenyekanye cyane binyuze mu ndirimbo zifasha benshi mu gusenga no kwegera Imana, zirimo Yankuyeho Urubanza, Baho, Nina Siri, Ndakubabariye nβizindi nyinshi zakunzwe nβabatari bacye.
Gutwara iki gihembo ni ikimenyetso cy’uko umuziki wa Gospel wβu Rwanda ugenda utera imbere ku rwego mpuzamahanga.
Mbonyi yahigitse abahanzi bakomeye bo muri Afurika, ibintu byashimishije cyane abakunzi be nβabakunzi bβumuziki wa Gospel muri rusange.
Nyuma yo gutangaza intsinzi ye, Israel Mbonyi yashimiye Imana nβabafana be bamushyigikira uko bukeye n’uko bwije. Yagize ati: “Ndashimira Imana kubw’ishimwe, ndashimira n’abafana banjye badahwema kumbaba hafi. Ibi ni ibihe byiza byo gukomeza gukora cyane no kugeza ubutumwa bwiza kure hashoboka.”
Abakunzi ba Gospel bakomeje kugaragaza ibyishimo nβishema batewe nβiyi ntsinzi yβuyu muhanzi, aho abenshi bagiye bamwifuriza gukomeza kwaguka no kugera ku rwego rukomeye kurushaho.
Ibihembo bya Trace Awards bifatwa nk’iby’ingenzi mu guteza imbere umuziki wa Afurika, byongera amahirwe ku bahanzi bo kuri uyu mugabane kugira ngo ibihangano byabo bimenyekane ku rwego rwβIsi.
Intsinzi ya Israel Mbonyi ni indi ntambwe yβingenzi ku muziki Nyarwanda, cyane cyane mu cyiciro cyβindirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana.
















