Jennifer Lopez umuhanzikazi w’imyaka 56, wamamaye cyane mu muziki no mu gukina filime, yongeye kugaragaza ko nโubwo yabaye mu rukundo nโabagabo batandukanye bโibyamamare, nta nโumwe muri bo wigeze amukunda byโukuri. Lopez, umaze imyaka irenga 30 ari mu ruhando rwa muzika no gukina filime, yavuze ko mu buzima bwe bwose atigeze agira umuntu wโumugabo wamwiyegurira mu buryo buhebuje, ahubwo ngo bose bamwifuzaga nkโumuntu uzwi, ufite amafaranga nโicyubahiro.
Mu kiganiro yagiranye na Howard Stern, Jennifer Lopez yavuze ko ibyo yaburanye nโabagabo bakundanye ari urukundo rwa nyarwo.
Yagize ati: โBampaye ibyo bafite byose. Inzu nziza, impeta zihenze, ubukwe bwโigitangaza ariko icyo nashakaga ni urukundo rutarimo kwiyoberanya. Ntabwo nigeze nikunda cyangwa ngo numve ko nkundwa byโukuri icyo gihe.โ
Lopez yamenyekanye mu rukundo nโabagabo batandukanye barimo Ben Affleck, Marc Anthony, Alex Rodriguez, Diddy (P. Diddy), Cris Judd nโabandi. Nโubwo yagiye abana nโabagabo benshi, bamwe bakamurongora abandi bakamutererana, uyu mugore avuga ko atigeze agira amahoro mu mutima we.
Abasesengura mu byโimibanire bavuga ko amagambo ya Jennifer Lopez ashobora kuba agaragaza umunaniro wโumutima wโumuntu umaze igihe kinini aharanira urukundo nyarwo ariko akarushwa nโamarangamutima nโigitutu cyโubwamamare bwe.
Kuri ubu, uyu muhanzikazi wโimyaka 56 y’amavuko uko yabyivugiye asigaye yibanda cyane ku bikorwa bye bya muzika nโamafilime, ndetse akora ibikorwa byo gufasha abagore batishoboye nโabanyempano bashaka kuzamuka mu ruganda rwa muzika.
Jennifer Lopez, uzwi nka J.Lo, yakunze kuvuga ko nโubwo atigeze akundwa byโukuri, yishimira ko amaze kwiyakira, akamenya ko urukundo rwa mbere umuntu akwiriye kugira ari urwo yikunda ubwe.
