
Kanye West yavuze amagambo atunguranye, atangaza ko yifuzaga ko Paris Hilton yaba ari we babyaranye aho kuba Kim Kardashian! Yabitangaje mu buryo butunguranye ku rubuga rwa Digital Nas ubwo yari kuri livestream, aho yumvikanye avuga ko akeneye “flux capacitor” kugira ngo asubire inyuma mu gihe agahitamo kubyarana na Paris Hilton aho kuba na Kim.
Mu ijwi ryumvikanamo urwenya n’ifoto y’amarangamutima y’ukwishimira ibyo ashobora kuba yarabaye, Ye yahamagaye umuntu kuri telefone amusaba gutekereza uko byari kuba bimeze iyo Paris aba ari we babyaranye.
Mu magambo ye, Ye yavuze ko iyo aba ari we uhitamo, ubu haba hari amahoteli menshi yitwa “Yeezy x Hilton” mu bice bitandukanye!
Yakomeje avuga ko yakoze ikosa ry’uko yahisemo Kim Kardashian wahoze ari umufasha wa Paris Hilton avuga ko Kim yari ataragera ku rwego rw’abagore bafite uburambe, ndetse aramugereranya n’umuhanga Virgil Abloh mu gihe yari akiri umunyeshuri we.

Ntibizwi neza icyatumye Ye yibuka Paris Hilton muri ubu buryo butunguranye … cyane ko atigeze amushyira muri videwo ye izwi cyane yitwa Famous yasohotse mu 2016, aho yagaragaje ibyamamare byinshi, ariko harimo amashusho menshi agaragaza urukundo rwe na Kim rwatumye babyarana abana bane.
Nubwo Ye akomeje kugaragaza amarangamutima y’urwenya rwinshi no gutebya, ibi ntibyagize ingaruka ku burenganzira bwe nk’umubyeyi … kuko Kim Kardashian we akomeje kuvuga ko Ye yakirwa igihe cyose ashaka kuza gufata abana!
