Mu gihe politiki ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ikomeje kwinjirwamo nโurubyiruko rufite ibitekerezo bishya, Kat Abughazaleh yemeje ko aziyamamariza guhagararira agace ka 9 ka Illinois mu Nteko Ishinga Amategeko ya Amerika.
Ni kandidatire ifatwa nkโihangana rikomeye, kuko agace ka 9 katajya kagira amatora ahanganyemo abakandida benshi mu ishyaka ry’Abademokarate kuva mu 1998.
Kat Abughazaleh w’imyaka 26, ni umunyamakuru uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga byโumwihariko TikTok. Yamenyekanye mu gusesengura itangazamakuru ryo ku ruhande rwโaba-republican, anenga uburyo rikora.
Guhitamo kwe kwinjira muri politiki byatunguye benshi, ariko yagaragaje ko afite intego yo guhindura uko ubutegetsi bwa Amerika bukora, cyane cyane mu ishyaka ryโabo basangiye umurongo wa politiki.
Mu kiganiro aheruka kugirana nโitangazamakuru, Kat yavuze ko aharanira gushakira ibisubizo ibibazo byugarije abaturage, cyane cyane urubyiruko rwโaba-Demokarate batakigirira icyizere abayobozi basanzwe.
Yagaragaje ko yifuza kuzana impinduka mu nzego zโubuyobozi, ashingiye ku mibereho rusange, ubwisungane mu kwivuza no gukumira imbaraga zโabakire bagira uruhare mu kwigarurira politiki ya Amerika.
Mu byo ashyize imbere harimo kwita ku burenganzira bwโabaturage, guharanira ubwisanzure bwโitangazamakuru, no gushyiraho uburyo bushya bwo guha ijambo urubyiruko mu gufata ibyemezo bya politiki. Avuga ko impamvu nyamukuru yamuteye kwinjira muri politiki ari uko yumva ko igihugu gikeneye ibitekerezo bishya nโuburyo bushya bwo gukemura ibibazo bikomeye Amerika ihura na byo.
Kat Abughazaleh ahanganye nโabanyapolitiki bakomeye bafite ubunararibonye mu ishyaka ryโaba-Demokarate, ariko yizeye ko inkubiri ye yโimiyoborere mishya izakurura abatora bifuza impinduka.
Mu gihe hakiri imbogamizi nyinshi, uyu munyamakuru wa TikTok akaba nโumusesenguzi wa politiki yizeye ko azabona amajwi ahagije kugira ngo abashe guhagararira agace ka 9 ka Illinois.
















