Abashinzwe iperereza mu gihugu cya Kenya bamaze gusoza iperereza ryimbitse ku rupfu rubabaje rwa Agnes Wanjiru, umukobwa wโimyaka 21 wabaye umubyeyi akiri muto. Umurambo we wabonetse mu buryo bubabaje mu kigega cya septique mu mujyi wa Nanyuki mu mwaka wa 2012.
Iri perereza ryakurikiye imyaka irenga icumi Agnes Wanjiru amaze aburiwe irengero nyuma yo kubonwa bwa nyuma ari kumwe nโabasirikare bโAbongereza bari muri Kenya mu myitozo ya gisirikare.
Nkโuko byatangajwe ku wa mbere, ibiro byโumuyobozi wโubushinjacyaha (ODPP) byemeje ko byakiriye dosiye yuzuye yโiperereza.
Ubu, itsinda ryihariye rigizwe nโabashinjacyaha bakuru ryarateranye kugira ngo risuzume ibimenyetso byose byakusanyijwe no gufata icyemezo cyโicyakurikira.
Umuryango wa nyakwigendera umaze imyaka myinshi ugaragaza agahinda kโigihe kirekire batabonye ubutabera, ndetse bakanenga inzego zishinzwe umutekano kuba zarinze ziceceka.
Ubu hagaragaye icyizere gishya ko ubutabera bushobora kuboneka, nyuma yโimyaka 13 nta nโumwe uragezwa imbere yโubutabera ku rupfu rwa Wanjiru, nโubwo ubujurire bwagiye busabwa inshuro nyinshi.
Mu cyumweru gishize, habaye igikorwa cyerekana umuhate mushya wo gukurikirana ubutabera. Umunyamabanga ushinzwe ingabo muri Leta Zunze Ubumwe zโu Bwongereza, John Healey, yahuye nโumuryango wa Agnes Wanjiru ku wa mbere, anatangaza ko igihugu cye gishyigikiye ubushake bwo kugarura ukuri nโubutabera kuri uru rupfu.
Yagize ati: “Nacishije bugufi cyane guhura n’umuryango wa Agnes Wanjiru. Mu myaka 13 ishize apfuye, bagaragaje imbaraga nโubwihangane bidasanzwe.”
Umukobwa wa Wanjiru, ubu ufite imyaka 13, yari afite amezi atanu gusa ubwo nyina yaburaga. Yarezwe na nyirakuru na nyirasenge, baramurera bamuha urukundo nโuburere mu gihe bari mu gahinda gakomeye ko kubura umukobwa wabo.
Ingabo zโu Bwongereza zikomeje kugira uruhare runini muri Kenya, aho abasirikare bagera kuri 200 bahoraho mu myitozo ya gisirikare.
Nyamara, ikibazo cyโimyitwarire yโizi ngabo kimwe nโingaruka zโimyitozo ku bidukikije cyakomeje guteza impaka, kikaba gishingirwaho nโabasaba ko habaho kuvugurura imikoranire hagati yโibihugu byombi, harimo no gushyiraho uburyo bwo gukurikirana abanyabyaha nubwo baba baturuka mu mahanga.
















