• Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us
Kasuku Media
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
Kasuku Media
No Result
View All Result
Home Imyidagaduro

Kigali Universe yisobanuye ku byavuzwe na Papa Cyangwe, ivuga ko yamuhaye inkunga ariko we akabasiga mu bibazo

Prince Mutabazi by Prince Mutabazi
November 26, 2025
in Imyidagaduro
0
Kigali Universe yisobanuye ku byavuzwe na Papa Cyangwe, ivuga ko yamuhaye inkunga ariko we akabasiga mu bibazo
0
SHARES
1
VIEWS
WhatsAppShare on FacebookShare on Twitter
ADVERTISEMENT

Ubuyobozi bwa Kigali Universe bwasohoye itangazo rihakana ibyatangajwe na Papa Cyangwe, ko ngo bamufungiranye nyuma y’igitaramo ndetse bakananirwa kumuha amafaranga yari yakoreye. Bavuga ko ayo makuru atari yo, kandi ko yateye isura mbi ibikorwa byabo.

Mu itangazo, Kigali Universe yasobanuye ko ubwo bagiranaga amasezerano n’uyu muhanzi, bemeranyijwe ko bazamufasha mu buryo bwihariye burimo kumuha icyumba cy’ubuntu, ikarito imwe y’amazi, uburyo bw’ikoranabuhanga bwo kugurisha amatike, ndetse no kumwamamariza igitaramo. Ibi byose ngo byari bigamije kumushyigikira.

Kigali Universe yisobanuye ku byavuzwe na Papa Cyangwe, ivuga ko yamuhaye inkunga ariko we akabasiga mu bibazo

Gusa hari n’ibindi Papa Cyangwe yari kwishyura birimo ibyuma by’amajwi, amatara y’igitaramo, stage na décor, abashinzwe umutekano, protocol, n’amasuku. Ku bwabo, ibi byose byari byumvikanwe kandi byashyizwe mu masezerano y’impande zombi.

Kigali Universe ivuga ko icyateye ikibazo cy’amajwi yahagaritswe hagati mu gitaramo, atari ubushake bwabo, ahubwo ari uko uwari gucura amajwi Papa Cyangwe yari yahaye akazi yari asigaranye ideni rya miliyoni 1,200,000 Frw. Ngo ntiyari yishyuwe, kandi ntiyigeze abibamenyesha mbere.

Amasezerano ya Papa Cyangwe n’uwari wamukodesheje ibyuma by’amajwi

Kugira ngo igitaramo kitangirika burundu, Kigali Universe ivuga ko yahuje impande zombi maze bumvikana ko iryo deni rizavanwa mu mafaranga yari kwinjira ku muryango. Nyuma yo gukora ibaruramari, basanze amafaranga yinjiye atabasha kwishyura iryo deni ngo hanishyurwe n’ibindi Papa Cyangwe yari kuba akwiye kwishyura muri Kigali Universe.

Nyuma yo gukusanya amakuru yose, basanze hasigaye ibihumbi 400,000 Frw, bahita bayaha nyiri ibyuma yari asigaranye ideni, bityo hasigara 800,000 Frw Papa Cyangwe yemeye ko azishyura, ndetse ngo aranabisinyira.

Kigali Universe yanyomoje kandi ibyavuzwe ko bafungiranye Papa Cyangwe mu nyubako kuva saa 02:00 kugeza 06:00, ivuga ko ibyo ari ibinyoma bitagira ishingiro. Bavuga ko iyi mvugo yambura isura nziza y’ikigo kandi ko biteguye gukoresha inzira zose zishoboka z’amategeko kugira ngo bashyire ukuri ku byo babeshyweho.

ADVERTISEMENT
Previous Post

Uvira: Abaturage barashinja Ingabo za FARDC n’umutwe wa Wazalendo kubasahura

Prince Mutabazi

Prince Mutabazi

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IFOTO Y’UMUNSI



  • Trending
  • Comments
  • Latest
“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

April 17, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

March 22, 2025
Arsenal yatangiye ibiganiro byo gushaka Eberechi Eze

Arsenal yatangiye ibiganiro byo gushaka Eberechi Eze

June 30, 2025
Blandine Uwajeneza: Umukobwa wambara inkweto ndende zo ku rubyiniro agakiza ubuzima bwa bantu mu bitaro

Blandine Uwajeneza: Umukobwa wambara inkweto ndende zo ku rubyiniro agakiza ubuzima bwa bantu mu bitaro

June 10, 2025
Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

9
Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

4
Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

3
Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

2
Kigali Universe yisobanuye ku byavuzwe na Papa Cyangwe, ivuga ko yamuhaye inkunga ariko we akabasiga mu bibazo

Kigali Universe yisobanuye ku byavuzwe na Papa Cyangwe, ivuga ko yamuhaye inkunga ariko we akabasiga mu bibazo

November 26, 2025
Uvira: Abaturage barashinja Ingabo za FARDC n’umutwe wa Wazalendo kubasahura

Uvira: Abaturage barashinja Ingabo za FARDC n’umutwe wa Wazalendo kubasahura

November 25, 2025
Konti za X z’amakipe akomeye ku Isi zikomeje kurikoroza, nyuma yo kugaragazwa aho zashingiwe

Konti za X z’amakipe akomeye ku Isi zikomeje kurikoroza, nyuma yo kugaragazwa aho zashingiwe

November 25, 2025
Tinah Beauty Shop: Aho impumuro nzinza n’uburanga bihurira

Tinah Beauty Shop: Aho impumuro nzinza n’uburanga bihurira

November 24, 2025

Recent News

Kigali Universe yisobanuye ku byavuzwe na Papa Cyangwe, ivuga ko yamuhaye inkunga ariko we akabasiga mu bibazo

Kigali Universe yisobanuye ku byavuzwe na Papa Cyangwe, ivuga ko yamuhaye inkunga ariko we akabasiga mu bibazo

November 26, 2025
Uvira: Abaturage barashinja Ingabo za FARDC n’umutwe wa Wazalendo kubasahura

Uvira: Abaturage barashinja Ingabo za FARDC n’umutwe wa Wazalendo kubasahura

November 25, 2025
Konti za X z’amakipe akomeye ku Isi zikomeje kurikoroza, nyuma yo kugaragazwa aho zashingiwe

Konti za X z’amakipe akomeye ku Isi zikomeje kurikoroza, nyuma yo kugaragazwa aho zashingiwe

November 25, 2025
Tinah Beauty Shop: Aho impumuro nzinza n’uburanga bihurira

Tinah Beauty Shop: Aho impumuro nzinza n’uburanga bihurira

November 24, 2025
ADVERTISEMENT
Kasuku Media

Tubagezaho amakuru acukumbuye avugwa mu Rwanda, mu karere no mu mahanga mbere y'abandi!

Ibirimo

  • Amakuru
  • Ibindi
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Iyobokamana
  • Karabaye
  • Kasuku Breakfast
  • Politike
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Uncategorized
  • Urukundo
  • World

Amakuru Mashya

Kigali Universe yisobanuye ku byavuzwe na Papa Cyangwe, ivuga ko yamuhaye inkunga ariko we akabasiga mu bibazo

Kigali Universe yisobanuye ku byavuzwe na Papa Cyangwe, ivuga ko yamuhaye inkunga ariko we akabasiga mu bibazo

November 26, 2025
Uvira: Abaturage barashinja Ingabo za FARDC n’umutwe wa Wazalendo kubasahura

Uvira: Abaturage barashinja Ingabo za FARDC n’umutwe wa Wazalendo kubasahura

November 25, 2025
  • Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us

© 2024 KasukuMedia.com

No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection

© 2024 KasukuMedia.com