Umucuruzi ukorera mu Murenge wa Kimisagara, mu Karere ka Nyarugenge mu mujyi wa Kigali, aratabaza avuga ko abanyerondo b’umwuga bakorera muri ako gace bamuteza ibihombo bikomeye, aho ngo buri gihe aguze ibikoresho byo kwifashisha mu kazi ke, bahita baza bakabimwambura batamusobanuriye impamvu yabyo. Uwo muturage, witwa Niyomugabo Jean Claude, avuga ko akora ubucuruzi kβbikoresho byifashishwa mu mirimo yo mu rugo, birimo amasafuriya, amavuta yo guteka, nβutundi tuntu duto. Ariko ngo ntakibona umusaruro wβibyo akora kubera uko abanyerondo babimutwara.
βIyo ngeze ku isoko nkagura ibikoresho bishya, ntibirenza iminsi ibiri batabifashe. Baza bavuga ngo ni igenzura, ariko ntibansobanurira icyabateye kubijyana. Iyo mbibabajije, baravuga ko ngomba kubibaza ku biro byβUmurenge, ariko iyo ngezeyo bambwira ngo si bo babatumye,β nkβuko Niyomugabo abisobanura.
Avuga ko ibi bimaze kumutesha umutwe no kumuca intege zo gukomeza gukora ubucuruzi bwe. Ati: βNigeze kugura ibikoresho bifite agaciro ka miliyoni 3,000,000 Frw, byose barabijyanye kugeza nβubu sinari nabisubizwa. Nagerageje no kubaza mu nzego zβibanze, ariko nta gisubizo gihamye nahawe.β
Abaturanyi be nabo bemeza ko uwo mucuruzi asigaye atembera afite agahinda, kuko ngo nβubwo atishoboye, ashyira imbaraga mu kazi ke. Umwe mu baturage utifuje gutangaza amazina ye yabwiye Kasuku Media ati: βIyo ari nka saa yine zβijoro, usanga abanyerondo b’umwuga bagenda bareba abacuruzi bakiri mu bikorwa, ariko hari igihe ibyo bakora bitajya mu murongo wβamategeko. Bakwiye kujya bakorana nβinzego zβibanze mu mucyo.β
Ubuyobozi bwβUmurenge wa Kimisagara bwo buvuga ko butaramenyeshwa iki kibazo mu buryo bwemewe, ariko bwizeza ko bugiye kubikurikirana, doreko buvuga ko bushishikariza abaturage kugaragaza ibibazo nkβibi ku gihe, kugira ngo tubikurikirane. Abanyerondo bafite inshingano zo kurinda umutekano, ariko si bo bahawe ububasha bwo kwambura abaturage ibintu batabanje gusobanura impamvu.
Ubuyobozi bwβAkarere ka Nyarugenge bwongeyeho ko hari gahunda yo kugenzura imikorere yβamatsinda yβabanyerondo b’umwuga mu Mirenge yose, kugira ngo hakumirwe ibikorwa bishobora kubangamira ubucuruzi nβiterambere ryβabaturage.
Uwo mucuruzi asaba inzego bireba kumufasha kubona ibye, anasaba ko hajyaho uburyo bwo gukurikirana imyitwarire yβabanyerondo b’umwuga, kuko ngo βiyo umutekano ubangamiye abaturage, uba utakiri umutekano nyakuri.β

















