Rutahizamu ukiri muto wa FC Barcelona, Lamine Yamal, yagaragaje akababaro n’agahinda yatewe n’indirimbo zimwe zafashwe nk’izibasira idini ya Islamu, zaririmbwe n’abafana mu mukino wabaye mu ijoro ryashize. Yamal yavuze ko n’ubwo ibyo byari bigamije guterura ikipe bahanganye, bidakuraho ko byari ugusuzugura idini rye.
Mu magambo ye, yagize ati: “Ndi Umusilamu, alhamdulillah. Numvise neza amagambo yavugwaga mu kibuga, n’ubwo atari anyerekejweho ku giti cyanjye, ariko nk’Umusilamu birambabaza kuko ari ugutuka no gutesha agaciro imyemerere yanjye.”
Yakomeje asobanura ko siporo, cyane cyane umupira w’amaguru, igamije guhuza abantu no kubashimisha, atari urubuga rwo gutambutsamo urwango cyangwa ivangura rishingiye ku myemerere. Yamal yavuze ko gukoresha idini mu buryo bwo gusetsa cyangwa gutuka abandi ari ikimenyetso cy’ubujiji n’imitekerereze mibi.
Yagize ati: “Umupira w’amaguru ni uwo kwishimira no gushyigikira amakipe, si uwo gusuzugura abantu bitewe n’icyo bemera cyangwa abo ari bo.”
Yamal kandi yashimiye abafana bamushyigikiye, agaragaza ko atari bose bafite iyo myumvire mibi. Yasoje ashimangira ko hakwiye kubaho kubahana hagati y’abafana bose, anabizeza ko azakomeza guharanira gutsinda no kwitwara neza mu mikino iri imbere, harimo n’igikombe cy’Isi.















